Imyidagaduro
Imyiyereko ya ba nyampinga batarengeje imyaka 5 yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga(AMAFOTO)

Muri iki gihe tugezemo, ababyeyi bakora uko bashoboye kose bakigisha abana babo ibijyanye n’indangagaciro na kirazira ariko bikaba iby’ubusa kuko abana bafite abandi barimu barimo za televisiyo, imbuga nkoranyambaga n’ibindi bituma bamenya ibyo batagakwiye kumenya ndetse n’ibyo bakwiye kumenya bakabimenya hakiri kare.
Muri iyi nkuru rero turagaruka ku kuba abana bo mu Bushinwa batarengeje imyaka itanu baremerewe kujya kwerekana imideri mu myenda benshi bita sexy. Ibitangazamakuru bitandukanye bivuga ko mu bana bose bakoze iyi myiyereko
nta n’umwe wari urengeje imyaka 5 y’amavuko.
Abantu bakibona amafoto y’aba bana akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga banenze bikomeye imyambarire yabo na cyane ko bakiri bato badakwiye kwiyereka bambaye utwenda tugaragaza imiterere yabo. Umwe mu bababajwe nabyo yanditse kuri Twitter ye
ati ”Sinumva ukuntu abana nk’aba bakiri bato bakoreshwa ibintu nk’ibi”.
Mugenzi we yahise avuga ati ‘Ariko ntacyo bitwaye ndabona ari byiza”.
Undi yagize ati ”Nahitamo ko umukobwa wanjye yigaragura mu
byondo aho kugira ngo yambare bikini
ashimishe rubanda”.
Undi nawe yavuze ati ”Mbaye mfite umwana w’umukobwa
sinamwemerera gukora ibi bintu”.
Nk’uko ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru
cyita ku buzima bw’abana cyitwa Paediatrics kibisobanura, imbuga nkoranyambaga
zirimo amakuru menshi ashobora kugirira nabi abana. Kandi kubw’impamvu nziza,
hariho imbogamizi kurubuga zishobora no guhungabanya ubuzima bwu’umwana muto.
Byongeye kandi, imyiyereko nk’iyi ishobora gukururira abana bakiri bato mu
kwitwara nk’abakuze kandi bakiri bato ndetse bakishora mu ngeso z’ubusambanyi.

Src: leparisien.fr
-
Imyidagaduro14 hours ago
Fiancée wa Meddy yerekanye ikintu gikomeye atandukaniyeho n’abakobwa benshi b’iki gihe
-
Imyidagaduro10 hours ago
The Ben ararye ari menge bitihise Pamella baramumutwara
-
imikino17 hours ago
Yannick Mukunzi yagereranyijwe n’ibihangange Cristiano Ronaldo, Messi ndetse na Neymar
-
Inkuru rusange17 hours ago
Inkweto umwuzukuru wa Joe Biden yambaye sekuru arahira zikomeje guca ibintu hirya no hino ku Isi.
-
imikino17 hours ago
Ikipe ya Rayon Sports yisanze ku rutonde w’amakipe 50 meza cyane muri Afurika.
-
Imyidagaduro24 hours ago
Cyore: Clarisse Karasira ntacyambara impeta yambitswe na fiancé we
-
Ubuzima11 hours ago
Wari uziko abantu bashobora kumatana barimo gutera akabariro?Menya icyo abahanga babivugaho.
-
Imyidagaduro16 hours ago
Nyuma yo kuba umufana ukomeye wa Riderman, Miss Mutesi Jolly yamusabye ikintu gikomeye.