in

Imvune zibakuye amata mu kanwa-Abakinnyi bakomeye batazitabira igikombe cy’isi muri Quatar bitewe n’imvune

Igikombe cy’Isi irushanwa rya mbere rinini mu mupira w’amaguru rirabura igihe kitarenze kuwezi ngo ritangire ariko hari abakinnyi batazitabira bitewe n’imvune nubwo ibihugu byabo byabonye itike.Muriy’inkuru tugiye kugaruka ku bakinnyi batazitabira igikombe cy’Isi muri Quatar bitewe n’imvune bagize.

1.Diego Jota


Jota usanzwe ukinira ikipe ya Liverpool ntazitazibira imikino y’igikombe cy’Isi hamwe n’igihugu cya cya Portugal bitewe n’ikibazo cy’imvune yagiriye mu mukino ikipe ye ya Liverpool yatsinzemo Manchester City igitego kimwe ku busa.
2. Georgia Wijnaldum

Uyu mugabo ukinira ikipe ya AC Roma nyuma yo kuyijyamo avuye mu ikipe ya Paris Saint Germaine mu mpeshyi ishize nazabasha kujyana n’igihugu cye cy’Ubuhorandi mu mikino y’igikombe cy’Isi muri Quatar bitewe n’imvune yagize.
3. N’Golo Kante

Umufaransa usanzwe ukinira ikipe ya Chelsea yagize imvune mu itako bizatuma amara hanze y’ikibuga igihe kingana n’amezi ane bizatuma atajyana n’Ubufaransa mu gikombe cy’Isi.
4. Pedro Neto

Pedro Neto usanzwe ukinira ikipe ya Wolves ikina Championa y’ikiciro cya mbere y’Ubwongereza ntazitazibira imikino y’igikombe cy’Isi hamwe n’igihugu cye cya Portugal bitewe n’imvune yagize ubwo ikipe ya Wolves yakinaga na Westham muri Championa.
5. Ronaldo Araujo

Ronaldo Araujo ukinira igihugu cya Uruguay ntazitazibira imikino y’igikombe cy’Isi bitewe nuko yagize imvune igatuma abagwa mu itako.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Dore amafaranga The Ben ahembwa iyo akoreye igitaramo mu Rwanda akubye inshuro 3 ayo Bruce Melodie ahembwa

Cristiano Ronaldo aho yambariye inkindi agiye kuhambarira ibicocero