Amateka
Bimwe mu bintu bitangaje cyane byabayeho mu mateka utigeze umenya.

Yaba mu bitabo ndetse n’ahantu runaka usanga handitse amakuru y’ibyabaye mu gihe cyahise yaba kera cyane ndetse no mu gihe cya vuba, muri rusange rero ibyo nibyo twita amateka. Icyakora ku isi hagiye habaho amateka mabi ndetse n’ameza, amwe agashimisha abantu andi akabababaza, ariko haribintu byabaye mu myaka myinshi ishize nanubu bituma abantu batangara cyane.
Dore bimwe muri ibyo bintu bitangaje:
1.GUKORESHA POMME USABA UMUNTU KO MUBANA
Mu muco w’ahahise mu gihugu cy’ubugereki umusore wabaga ashaka kuzabana n’umukobwa yabimusabaga muburyo butandukanye cyane nubwo tubona uyu munsi bwo gutera ivi. Muricyo gihe wafataga urubuto rwa Pomme ukarutera umukobwa wakunze, iyo uwo mukobwa yunamaga akarutora wamenyaga ko akwemereye bivuze ko iyo yikomerezaga ntarutore yabaga yamaze kukubenga.
2.GUSHYINGURA ABANTU BAZIMA
Bitewe nuko kera wasangaga bihutira gushyingura umuntu akimara gupfa, hari igihe wasangaga abantu bamwe babashyingura bakiri bazima. Ibi rero byatumye havumburwa isanduku zidasanzwe zituma abantu bahambwe batarapfa babasha kwivugira kugira ngo batabururwe. Iyi sanduku bashyiragaho inzogera kuburyo uwashyinguwe akiri muzima abasha kuyivuza bityo abari hanze bakabyumva.
3..KUGERAGEZA KWIYAHURA WAHANISHWAGA IGIHANO CY’URUPFU
Ahagana mu kinyejana cya 19, mu gihugu cy’ubwongereza kugerageza kwiyahura byafatwaga nk’icyaha gikomeye cyane. Kugira ngo ubyumve neza umuntu iyo yafatwaga agerageza kwiyahura yabaga anganya amakosa n’uwishe umuntu. Kubw’ibyo rero igihano ku muntu wafashwe ashaka kwiyahura cyangwa ku wiyahuye ntapfe, yahitaga ahanishwa igihano cy’urupfu n’ubundi.
4.URUHARA: IKIMENYETSO CY’UBWIZA KU BAGORE
Ahagana mu mwaka wa 1500 mbere ya yezu, mu gihugu cya Misiri, abakobwa n’abagore wasangaga biyogosha umusatsi bakawumaraho wose nka kimwe mu bimenyetso by’ubwiza. Nyuma yibi bafataga amavuta yo mu bwoko bunyuranye bagasiga muri wa mutwe utagira umusatsi kugira ngo ubengerane bityo bigatuma umukobwa agira uburanga buhebuje.
-
Imyidagaduro22 hours ago
Umunyamakuru Jules Karangwa n’umugore we bizihije isabukuru y’imyaka itatu bamaze barushinze (amafoto)
-
Imyidagaduro1 day ago
Miss Igisabo yifashishije indirimbo y’urukundo yifurije Bruce Melodie isabukuru nziza y’amavuko
-
imikino23 hours ago
Umukinnyi w’Amavubi wiyerekanye cyane muri #TotalCHAN2020 agiye kugurwa akayabo yerekeze mu ikipe ikomeye ku mugabane w’i Burayi
-
Imyidagaduro2 days ago
Producer Eleeeh yasobanuye impamvu abatunganya amajwi bakora nijoro anagenera ubutumwa abavuga ko akora indirimbo ziri mu njyana imwe
-
inyigisho1 day ago
Ntuzemere gushyingiranwa n’umukunzi wawe niba adashobora gusubiza ibi bibazo.
-
Imyidagaduro14 hours ago
Inzozi z’igihe kirekire za Niyo Bosco zirashyize zibaye impamo
-
Ubuzima2 days ago
Ngibi ibimenyetso byakwereka ko umuntu yakuriye mu muryango ukennye cyane.
-
Imyidagaduro21 hours ago
Miss Pamella Uwicyeza yerekanye ko agifite ku mutima The Ben nyuma y’iminsi mike amusize akerekeza muri Amerika