Hanze
Umukobwa w’icyamamare wakundwaga n’abatari bake muri filime z’Inyakoreya yapfuye bitunguranye.

Umukobwa wamamaye cyane muri Filime zo muri Koreya y’Epfo, Song Yoo Jung yitabye Imana mu buryo bwatunguye abantu dore ko yari afite imyaka 26 y’amavuko gusa.
Song Yoo-Jung yatabarutse nk’umunyempano wari ukuri muto kandi wigaruriye imitima ya benshi muri Filime z’inyakoreya. Nta mpamvu y’urupfu rwe yatangajwe kuri iki cyamamare. Urupfu rwa Song ku wa Gatandatu i Seoul rwemejwe n’abamuhagarariye mu kigo cy’abahanzi ‘Sublime’. Mu magambo yabo, bavuze ko imihango yo kumushyingura “yakozwe mu mutuzo,” nk’uko ibyifuzo by’umuryango babyifuzaga.
Iri tangazo rigira riti: “Song Yu Jung yari inshuti yacu yahoraga iduha umunezero no kumwenyura kwinshi, kandi yari umukinnyi w’amafirime mwiza wakinnye ashishikaye.” Nyuma yo gukora bwa mbere nk’umunyamideli, Song Yoo yatangiye gukina umukino wa mbere muri ‘Golden Rainbow’ mu 2013.
Ubukurikira yagaragaye mu rukurikirane rwa ‘MBC’hanyuma anagaragara muri ‘KBS2’s School 2017 ‘ muri raporo yakozwe na The Mirror. Song Yoo, yari yaranagaragaye mu kwamamaza ibicuruzwa bya Estée Lauder na ice cream ya Baskin-Robbins, nk’uko byavuzwe na New York Times, ndetse yanagaragaye mu mashusho y’indirimbo zitandukanye. Yaranzwe kandi kwerekana ubuvugizi ku bafite ubumuga.
-
Inkuru rusange16 hours ago
Aime Beaute Mushashi wa Tv1 ahishuye ibanga rya KNC mu kazi,anavuga uburyo abagabo bose bamukunda.
-
Ubuzima18 hours ago
Nguku uko byagenda ku mubiri wawe ugiye unywa amata arimo ubuki buri gihe.
-
Imyidagaduro6 hours ago
Ibya Miss Aurore na Egide noneho Super Manager arabihuhuye.
-
Izindi nkuru15 hours ago
Cyore:Abahanga bemeje ko nta bundi buzima bubaho nyuma yo gupfa.
-
inyigisho8 hours ago
Ngaya amakosa akomeye abakobwa bakora bazi ko azabafasha guhita barongorwa n’abakunzi babo.
-
Izindi nkuru13 hours ago
Perezida wa Argentina yatunguye abantu ubwo yagendaga mu ndege ya Messi.
-
Imyidagaduro7 hours ago
Nabaye imfubyi nkiri muto|Kuba Miss Rwanda ni inzozi zikomeye|Marie Paul
-
Imyidagaduro3 hours ago
Umuhanzi Ali Kiba ahishuye umukobwa ashyigikiye muri Miss Rwanda.