in

Sadio Mane yongeye guhesha ishema Abanyafurika.

Sadio Mane Umunyasenegale ukinira ikipe ya Bayern Munich yongeye guhesha ishema Afurika ubwo yazaga k’umwanya wa kabiri akurikiye Karimu Benzema watwaye Ballon d’Or ya 2002 akanahabwa igihembo cy’umukinnyi wakoze ibikorwa bya kimuntu.


Mu ijiro ryakeye mu gihugu cy’Ubufaransa haraye habereye ibirori by’akataraboneka byo gutanga ibihembo ku bakinnyi bitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2021-2022 aho Karimu Benzema ariwe watwaye umupira w’azahabu (Balloon d’Or) wa 2022.
Muri ibi birori niho Sadio Mane yaje k’umwanya wa kabiri nyuma ya Karimu Benzema byamugize umukinnyi wa kabiri ubikoze akaza k’umwanya mwiza nyuma ya George Weah wari watwaye Ballon d’Or mu 1995.

Sadio Mane wagiriye ibihe byiza muri Liverpool

Sadio Mane yabaye uwa kabiri abikesha umwaka mwiza w’imikino yari yagize aho mu mwaka w’imikino wa 2021-2022 we n’ikipe ya Liverpool baje ku mwanya wa kabiri muri Premier league ndetse banagera ku mukino wa nyuma wa Champions League.


Yafashije Senegal kwitwara neza

Sadio Mane mu ikipe ye y’igihugu ya Senegal batwaye igikombe cy’ Afurika banabona itike yo kwitabira igikombe cy’Isi.


Sadio Mane wari watsinze Ibitego 23 akatanga imipira itanu ibyara Ibitego yanahawe igihembo cy’umukinnyi wakoze ibikorwa bya kimuntu bigamije imibereho myiza ya baturage aho yubatse ibitaro akanubaka amashuri aho avuka.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Derrick
Derrick
1 year ago

Congratulations ๐Ÿ‘ kabisa sadio Mane proudly African ๐ŸŒ

Imvune z’abakinnyi bakomeye zatumye Rayon Sports isaba ko umukino wayo usubikwa

Dore urutonde rwโ€™ ibihugu 5 bifite umubare munini wโ€™ abantu banduye agakoko gatera SIDA