in

Jose Mourinho yavuze Ku cyibazo cya Eric Ten Hag na Sancho

Ubwo ikipe ya Dortmund yatsirwaga umukino wa nyuma wa Champions League na Real Madrid ikinyamakuru TNT sports cyaganiriye na Murinho bamubaza Kuri Jadon Sancho.

Uyu mutoza wanatojeho ikipe ya Manchester United yifatiye kugahagnga umutoza mugenzi we Eric Ten Hag avuga ko n’ubwo Umukinnyi Jadon Sancho yakoze amakosa ariko umutoza Eric Ten Hag nawe atakoze ibyo yasabwaga byose nk’umutoza ngo aganire n’umukinnyi aha rero asanga ikipe ya Manchester United nayo yarikwiye kwicara ikareba aho icyibazo cyari cyiri.

Akomeza avuga ko Umukinnyi Jadon Sancho abizi ko ari umuhanga Kandi afite impano Kandi ko mu byukururi yakoze amakosa ariko na none akavuga ko umutoza atamuhaye byose yari Ku Muha.
Ati” Umukinnyi ndabizi afite impano Kandi ni umuhanga cyane ariko tubwizanyije ukuri uriya mwana yakoze amakosa gusa Umutoza w’ikipe nawe ntiyamuhaye byose byiza bye”.

Murinho akomeza avuga ko gutoza abakinnyi bakiri bato Kandi ba bahanga bigora ariko nk’umutoza uba ukwiye kubikora neza .

Umutoza Jose Mourinho yatwaranye na Manchester United Europa league ari nayo Manchester United iheruka.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umunyamakuru w’ibiganiro by’imyidagaduro muri The Choice uzwi nka Babu yatawe muri yombi nyuma yo kugaragaza umutima wa kinyamanswa mu ruhame

Ubushinjacyaha bweretse X Dealer ko terefone ya The Ben itamenyerwa bumukanira urumukwiye