in

NdabikunzeNdabikunze NdababayeNdababaye NDASETSENDASETSE

Abanyeshuri 10 bafotowe bari mu biteye isoni ||dore ibyahise bibabaho.

Abanyeshuri 10 bo mu ishuri ryisumbuye rya Chemhanza mu Karere ka Hwedza birukanwe muri iki cyumweru bazira ko basanzwe mu macumbi y’abakobwa bakora ibiteye isoni .Aba banyeshuri bari abahungu batanu n’abakobwa batanu.Aho bafashwe basomana

Abahungu batanu binjiye mu icumbi ry’abakobwa nijoro kugira ngo babonane na bagenzi babo b’abakobwa maze bafatwa n’ushinzwe imyitwarire y’abakobwa ku ishuri(animatrice).

Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Chemhanza, Saul Tadzaushe, yemeje ko ibi byabaye, avuga ko ubu abanyeshuri 10 bose bari kuzitabira ibizamini bisoza icyiciro rusange birukanwe.

Uyu muyobozi yavuze ko imyitwarire y’aba banyeshuri itari kwihanganirwa, bigatuma abayobozi bo mu Itorero rya Metodiste riyoboye iki kigo cyo muri Zimbabwe babohereza mu rugo. Yavuze ko bahise babimenyesha Minisiteri y’Amashuri Abanza n’Ayisumbuye muri kiriya gihugu maze iyi Minisiteri ibaha ibaruwa ibemerera kubirukana mu ishuri rya Chemhanza

Tadzaushe yashimangiye ko abanyeshuri 10 batafashwe bishora mu mibonano mpuzabitsina.

Uyu avuze ko nta mibonano mpuzabitsina abo banyeshuri bakoze ariko ko bakoraga ibikorwa biteye isoni biganisha ku busambanyi, harimo no gusomana.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Yemerewe akazi ahantu harenga 20 nyuma y’amasaha atatu gusa arangize kaminuza kubera ubwiza

impuguke zivugako gukora imibonano mpuzabitsina inshuro 3 mu Cyumweru bituma udasaza vuba