imikino
Zidane yatabaye Neymar mu kibazo cy’ingutu kimaze iminsi kimwugarije

Rutahizamu w’ikipe ya Fc Barcelone, Neymar amaze iminsi yibasirwa n’abantu ku buryo bukomeye kubera imyitwarire ye mu kibuga aho benshi bakomeza kumushinja ubwirasi ndetse n’agasuzuguro gakabije.
Uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko rero akaba azira ubuhanga bwe aho amacenga ye ntagereranywa benshi bayafa nk’agasuzuguro ku bakinnyi baba bahanganye ku buryo ndetse rimwe na rimwe n’abakinnyi bagenzi be bo mu ikipe ya Fc Barcelone bajya bashwana bapfuye icyo kintu.
Ku munsi w’ejo rero Neymar akaba yarabonye umutabazi uwo akaba ari ntawundi utari Zinedine Zidane umutoza w’ikipe ya Real Madrid.
Mu kiganiro Zidane yagiranye n’abanyamakuru akaba yasobanuye imikinire ya Neymar agira ati : “Uburyo Neymar akina ntago ari agasuzuguro cyangwa se ubushotoranyi. Buri wese akina football mu buryo abyumva, Neymar we rero akaro ibintu benshi batabasha, batanatekereza ko bibaho. Muzamwibarize, gusa njye mbona ibyo akora Atari gushaka gusuzugura abandi cyangwa se kubiyenzaho.â€
-
Imyidagaduro18 hours ago
Ibya Miss Aurore na Egide noneho Super Manager arabihuhuye.
-
Imyidagaduro14 hours ago
Umunyamakuru wa RBA ukunzwe mu myidagaduro yifurije isabukuru nziza y’amavuko umukobwa bitegura kurushinga
-
inyigisho20 hours ago
Ngaya amakosa akomeye abakobwa bakora bazi ko azabafasha guhita barongorwa n’abakunzi babo.
-
Imyidagaduro19 hours ago
Nabaye imfubyi nkiri muto|Kuba Miss Rwanda ni inzozi zikomeye|Marie Paul
-
Imyidagaduro15 hours ago
Umuhanzi Ali Kiba ahishuye umukobwa ashyigikiye muri Miss Rwanda.