in

Umukozi wo ku kibuga cy’indege yarumwe n’inzoka imusanze aho batwarira indege

Inkuru y’umukozi wo ku kibuga cy’indege yakwirakwiye cyane ubwo Vianney Luggya, Umuvugizi w’ikigo gishinzwe indege za gisivili (UCAA), ari nacyo gishinzwe gucunga iki kibuga cy’indege, we yavuze ko ibyabaye “bikekwa ko ari ukurumwa n’inzoka”.

Ati: “Ntabwo ari ukurumwa n’inzoka nyirizina. Byakekwaga gusa ko ari yo kandi nta kibyemeza. Hari ibimenyetso byerekana ko umuntu yarumwe n’inzoka”. Yongeyeho ati:“ Abaganga basuzumye ibimenyetso byose n’ingaruka zabyo umuntu agira [nyuma yo kurumwa n’inzoka] kandi siko byagenze muri iki kibazo cyihariye. ”

Ikinyamakuru Daily Monitor dukesha iyi nkuru, kivuga ko nubwo umuvugizi wa UCAA yagerageje kugaragaza ibyabaye nko “gukeka kurumwa n’inzoka”, iperereza ryacu ryerekana ko umukozi watanze’ raporo y’ibyabaye ’ saa yine n’iminota 36 za mu gitondo ku bagenzuzi yabishyize mu rwego rwo “kurumwa n’inzoka mu cyumba cy’imbere cy’itumanaho.”

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Phil Peter yagize icyo avuga ku ifoto ye Diamond Platinumz yasangije abamukurikira kuri Instagram

Umukinnyi wa Rayon Sports wayifashaga cyane ashobora kwirukanwa kubera imyitwarire ye iri kubangamira ubuyobozi