Izindi nkuru
Umugore wakundanye na Barack Obama akaza kumubenga akomeje kwicuza.

Barack Obama wabaye perezida wa 44 wa America ubu afite umugore witwa Michelle ndetse banabyaranye abana babiri barimo uwitwa Sasha na Malia.
Michelle na Obama bahuye mu 1989 ubwo Obama yari agiye kwimenyereza mu kigo cy’ibyerekeranye n’amategeko arinaho Michelle yakoraga. Obama agezeyo bamuhaye Michelle ngo amubere umujyanama mu gihe cy’amezi.
Muri aba ntanumwe wakekaga ko bazagera aho bakundana ndetse bakanabana kuko Obama asaba Michelle ko bakundana bwa mbere, Michelle yabanje kumuhakanira.
Gusa nyuma byaje gukunda aramwemerera ku nshuro ya kabiri ndetse mu 1992 baza kubana byemewe.
Gusa nubwo urukundo rwaba babiri rukiri intangarugero kuri benshi, uyu mugabo wahoze ari perezida wa America ntabwo yakundanye na Michelle gusa. Obama yanapfushije ubukwe inshuro ebyiri ku mukobwa akundanye mbere yuko ahura na michelle.
Obama bitewe nuko yavutse kubabyeyi batandukanyije ubwoko n’uruhu, byatumye agira abandi bene wabo badahuje uruhu, ibyo rero byanatumye amenyerana n’abazungu benshi kugeza naho anakundana nabo byeruye. Mu ntangiriro za 1980 haruwo bakundanye witwaga Sheila Miyoshi Jager, iki gihe Obama akaba yari akiri mu masomo ndetse hari n’amatsinda yari ayoboye mumujyi wa Chicago.
Obama yakundanye n’uyu mukobwa birakomera kugeza naho amusaba ko bazabana inshuro zigera kuri ebyiri, ariko ntibyaza gukunda kuko ababyeyi b’umukobwa bamubereye ibamba. Ababyeyi b’uyu mukobwa banze ko Obama abana n’umwana wabo kuko bo bavugaga ko uwo musore akiri muto cyane.
Madamu Jager kuri ubu ufite imyaka 53, avuga ko rimwe ubwo bari bagiye gusura ababyeyi b’uyu mukobwa Barack Obama yasabye umukobwa bazabana, gusa ababyeyi ngo banze ubusabe bwa Obama atari ukubera ivangura rishingiye ku ruhu ahubwo ngo Obama nuko yari ataragira ahazaza ndetse akaba yari akiri muto cyane ku kuba yatunga umugore.
Ntibyarangiriye aho, ubwo Obama yari amaze kubona amahirwe yo kujya kwiga amategeko muri kaminuza ya havard, nabwo yarongeye asaba umukobwa ku nshuro ya kabiri ko bazabana, gusa nabwo ntibyaje gukunda kuko umukobwa nawe ubwe ntiyigeze abyemera.
Ngaho nawe ibaze gutera umuntu indobo bwacya ukumva ngo yabaye perezida w’igihugu nka America. Ese wabyifatamo ute?
-
Imyidagaduro21 hours ago
Bahavu Jannet wamenyekanye nka Diane muri city maid yakoze ubukwe (amafoto)
-
Imyidagaduro11 hours ago
Hamenyekanye impamvu Kimenyi Yves yafashe icyemezo cyo kwambika impeta Miss Uwase Muyango igitaraganya
-
Imyidagaduro18 hours ago
Kimenyi Yves yateye ivi asaba Miss Uwase Muyango ko yazamubera umugore (amafoto)
-
inyigisho20 hours ago
Dore ibintu bibabaza abagore bikabatera kwibaza ukuntu babaye amasugi kandi bafite abagabo.
-
Izindi nkuru2 days ago
Umusore n’umukobwa bemeye kwihambira iminyururu amezi 3 ngo basuzume urukundo rwabo.
-
Inkuru rusange7 hours ago
Ibyo wamenya kuri uyu mwana utangaje wapimaga ibiro 200 afite imyaka 10 y’amavuko gusa.
-
inyigisho8 hours ago
Bimwe mu bintu ukwiye kwirinda gukora niba udashaka kuzana umwuka mubi mu rugo rwanyu.
-
Izindi nkuru2 hours ago
Umukobwa ukiri muto yapfuye ubwo bamutunguraga bamwifuriza isabukuru y’amavuko.