Imyidagaduro
Ubuzima bushaririye bwa Eddy Kenzo muri Côte d’Ivoire bwamuteye indwara y’agahinda gakabije

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda n’Afurika yose muri rusange, Edrisa Musuuza uzwi ku izina rya Eddy Kenzo, yahishuye uburyo afite indwara y’agahinda gakabije bakunze kwita “depression” mu ndimi z’amahanaga kubera ubuzima bugoye arimo mu gihugu cya Côte d’Ivoire.
Eddy Kenzo yatangaje ibi mu gihe amaze amezi atatu amaze muri iki gihugu nyuma y’uko hafashwe ingamba zo gufunga imipaka n’ibibuga by’indege ari ho ari mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid_19 gihangayikishije Isi.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Kenzo yavuze ko noneho afite ikibazo cyo mu mutwe kubera kubera ubuzima bukakaye arimo gusa asaba bagenzi be bahuje ibibazo gukomeza kwiyambaza Imana ngo ibahe ubuzima bwiza.
Yagize ati: “Kuri bagenzi banjye b’Abagande turi guca mu bibazo bimwe, dukomeze kwita cyane ku buzima bwo mu mutwe kuko dushobora gushiduka uwari muzima yapfuye.”
Mu cyumweru gishize, Kenzo yavuganye n’umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Hon. Rebecca Kadaga, amusaba ko bamufasha kugira ngo abashe kugaruka mu gihugu cye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yatangaje ko Eddy kenzo atasubizwa iwabo wenyine ko ahubwo bagiye gukora ibishoboka byose bagatahura Abagande bose bari muri Côte d’Ivoire kimwe no mu bindi bihugu bitandukanye bagera mu bihumbi makumyabiri na bitanu (25,000).
-
Imyidagaduro23 hours ago
ShaddyBoo yerekanye umusore bikekwa ko ariwe mukunzi we (VIDEO)
-
Imyidagaduro4 hours ago
Fiancé wa Clarisse Karasira yifotoreje ku ndege ya US AIR FORCE bituma uyu mukobwa abiratira abandi karahava.
-
inyigisho13 hours ago
Ibimenyetso byakwereka ko umusore mukundana yamaze kukuzinukwa ariko ntabikubwire|Ubishoboye wahita umukatira nawe.
-
Imyidagaduro6 hours ago
Umunyamakuru wa RBA yahawe igisubizo gisekeje n’umufana we ubwo yasabaga imvura
-
Imyidagaduro11 hours ago
IBYAHISHUWE: Aisha wa Davis D yashyize ukuri kose hanze| Ibyo yavuze byose yari yishyuwe amafaranga (VIDEO)
-
Imyidagaduro2 hours ago
Amafoto Shaddy Boo ashyize hanze kuri Twitter noneho arabaga ntakinya .
-
Izindi nkuru12 hours ago
Umukobwa yishe nyina amuroze kugirango azajye aryamana na Se umubyara.
-
Inkuru rusange11 hours ago
Umukobwa muto cyane akomeje kwibasirwa bikomeye kubera urukundo rudasanzwe akunda umusaza (AMAFOTO)