in

Nyanza: Umusore ukiri muto akurikiranyweho icyaha cyo gukorera ibyamfurambi umwana w’umukobwa w’imyaka 4

Polisi ikorera mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana yataye muri yombi umusore w’imyaka 17 y’amavuko akurikiranyweho gusambanya umwana ufite imyaka ine y’amavuko.

Bivugwa ko uyu mwana yari uwo Murugo uyu musore ukomoka mu Kagari ka Nzaratsi, Umurenge wa Murundi mu Karere ka Karongi yakoragamo.

Amakuru yaje kumenyekana nyuma yuko Umwana yumvise aribwa mu gitsina nibwo kujya kubibwira Se, amutekerereza uko undi yabigenje.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana Egide Bizimana yemeje ko iyo ngimbi yatawe muri yombi nkuko Taarifa ibitangaza dukesha iyi nkuru.

Ati: “Umwana yagejejwe kwa muganga ku bitaro Bikuru bya Nyanza, naho ukekwaho icyaha yajyanwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana.”

Uriya musore ngo yaje i Nyanza ashaka akazi, abona ako kuragira inka.

Gitifu asaba abantu kubaha umwana bakirinda kumuhohotera kuko uretse no kwangiza ubuzima bwe ufashwe akgazwa mu nkiko, ahabwa igihano kiremereye cyane.

Ibizava mu iperereza tuzabibatangariza mu nkuru zacu zitaha.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Rutahizamu karundura wa APR FC Shaiboub yaciye bugufi asaba imbabazi maze agira icyo ategeka bagenzi be

Charles Baale nyuma yo kwandagaza APR FC yatangaje intego iteye ubwoba afite