in

Niyitegeka Gratien asekeje cyane abantu imbavu zirashya|Ngize Imana naba imbwa(Video)

Umunyarwenya Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko,Papa sava, Sekaganda n’ayandi menshi bitewe n’umwuga we wo gukina filime, asekeje cyane umunyamakuru, aratembagara kubera ibisubizo bye.

Uyu muhanzi w’umusizi aganira n’umunyamakuru M Irene mu kiganiro The Choice live yatangiye asobanura inshingano nyinshi afite ,zirimo gukina amafilime y’uruhererekane, comedy ,guhimba imivugo n’ibindi byinshi.Sebu yavuze ko afite kandi amasezerano akomeye muri kompanyi zitandukanye hano mu Rwanda ndetse zikoresha izina rye zikabasha kumwinjiriza.

Seburikoko yakomeje agirana ikiganiro gisekeje cyane nuyu munyamakuru, ndetse abajijwe niba hari abo akorera mu buryo bw’ubukorerabushake ,yavuze ko ari byo, ndetse ararahira ati”niba nkubeshya ntwike,Bibiliya y’Imana cyangwa mbe imbata”.

Umunyamakuru ati “cyangwa ube imbwa“.Seburikoko ati:”ntabwo nakwigererany n’imbwa burya irakomeye,hari ahantu imbwa yagera wowe utabasha kugera,ngize Imana naba imbwa.Nigeze kuba imbwa gusa sinkiriyo kuko agaciro kayo singafite”.

Uyu mugabo yakomeje asetsa cyane umunyamakuru ndetse anahishura indi mishinga ikomeye afite mu gihe kiri imbere ndetse yaje no guhabwa certificate ,yatanzwe na Isibo Tv yamuhisemo nk’umuhanzi witwaye neza uzahatana muri the Choice live itegurwa n’iyi televiziyo.

Kanda hano hasi urebe ikiganiro kirambuye cya Niyitegeka Gratien :

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Bamaze imyaka myinshi baremerewe n’ubumuga budasanzwe|bamwe bavuga ko batererejwe amashitani.

Umuhanzi Jules Sentore yagize icyo avuga ku mukunzi we yihebeye.