in

Mu mafoto: Dore abakobwa bakwunzwe mu Rwanda kubera ubwiza bwabo

Mu mafoto atandukanye ihere ijisho uburanga bw’abakobwa bavugisha benshi muri ku mbugankoranyambaga kubera uburanga n’ikimero bafite.

1. Shaddyboo

Mbabazi Shadia(Shaddyboo) ni umwe mu banyamideri bamamaye hano mu Rwanda ndetse n’umwe mu Banyarwanda bakurikirwa n’abantu benshi ku imbugankoranyambaga, akunze kugaragara yagiranye urugwiro n’ibyamamare muri muzika hano muri Afrika nka Diamond, Davido ndetse n’abandi.

2. Yolo The Qween

Yolo The Qween n’umwe mu bakobwa bafite ubwiza n’ikimero bivugisha benshi haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo dore ko bivugwa ko ubu yaba ari mu rukundo n’umuhanzi ukomoka mu Leta z’unze ubumwe z’Amerika Drake wahoze ari umukunzi wa Rihanna.

3. Uwicyeza Pamella

Uwicyeza Pamella ni umukobwa wamenyekanye cyane ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda mu mwaka wa 2019 avugwaho na benshi kubera uburanga budasanzwe n’imiterere bikivugisha benshi, kugeza ubu Pamella ari mu rukundo n’umuhanzi The Ben bamaze no gusezerana imbere y’amategeko kubana nk’ugore n’umugabo.

4. Uwase Muyango Claudine

Miss Muyango yitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu mwaka wa 2019 ndetse aza no kwegukana ikamba ry’umukobwa wahize abandi mu kugira amafoto meza, kugeza ubu n’umubyeyi w’umwana w’umuhungu yabyaranye n’umukunnyi w’umupira uzwi nka Kimenyi Yves.

5. Miss Mutesi Jolly

Miss Jolly n’umwe mu bakobwa bagira amafoto akundwa hano mu Rwanda ndetse nawe kuva yatorwa yagiye agaragara mu bikorwa bitandukanye cyane mu bitegura amarushanwa y’ubwiza haba mu Rwanda ndetse no muri Africa.

6. Kate Bashabe

Kate Bashabe ni rwiyemezamirimo washinze inzu y’imideri ya Kabash Fashion House ndetse akaba azwi mu bikorwa by’ubugiraneza no kuzamura imibereho myiza y’abaturage bari mu buzima bugoye.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Amafoto:Umukecuru wa Mukura yarenzwe n’ibyishimo kubera urukundo yeretswe n’amavubi ubwo yamusuraga

Diamond Platnumz yakoze ishyano none ibye byabuze gica.