Imyidagaduro
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe guseka hamwe na SEKA FEST, Michael Sengazi yasusurukije abitabiriye igitaramo cye

Umunyarwenya Michael Sengazi yakoze igitaramo asanzwe akora yahaye inyito ivuga iti ‘Did u just say sex’. Iki gitaramo cyabimburiye ibindi mu bitaramo bikubiye mu iserukiramuco ryahawe inyito ya SEKA FEST 2019 ryateguwe na Arthur Nation cyabereye muri Century cinema iherereye mu nyubako ya Kigali City Tower ahari hateraniye abantu benshi bari baje kwirebera urwenya rw’abanyarwenya batandukanye dore ko hari n’abanyarwenya bakizamuka (Seka rising stars) nabo basusurukije abari bitabiriye iki gitaramo.

Michael Sengazi ari kuri stage
Michael Sengazi ari kuri stage yasusurukije abari bitabiriye iki gitaramo dore ko yananyuzagamo akabavangira indimi yabasetsagamo maze bagahimbarwa kakahava. Mu gususurutsa abitabiriye iki gitaramo kandi Michael yakomoje cyane ku mukobwa witwa Isimbi Noeline watunguranye mu ntangiriro z’icyumweru gishize ubwo yashyiraga ku rubuga rwa instagram amafoto ye yambaye ubusa. Michael kandi yatereye urwenya abari bitabiriye igitaramo cye ababwira uburyo yatereswe n’umusore. Uru rwenya narwo ruri mu rwatembagaje abantu cyane.

Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye iki gitaramo
Iki gitaramo cyasojwe mu masaha agana saa yine z’ijoro aho byagaragaraga ko abari bakitabiriye baryohewe ndetse bamwe bari batarashira inyota y’urwenya rwa Michael Sengazi. Biteganyijwe ko ikindi gitaramo gikubiye muri iri serukiramuco ryahawe inyito ya SEKA FEST 2019 kizaba ku wa gatandatu tariki 30/03 kikazabera i Gikondo muri EXPO ground.
Amafoto: Promesse KAMANDA
-
Hanze10 hours ago
Zari yiyamye abamwibasira kubera umugabo basigaye bakundana.
-
Imyidagaduro10 hours ago
Nabonye undi musore dukundana|Afite ikofi ni mwiza|Young Grace yashimagije umukunzi we.
-
inyigisho11 hours ago
Ngibi ibintu ukwiye kuzirikana niba ushaka kubyara umwana uzazana umunezero mu muryango.
-
Izindi nkuru4 hours ago
Wa mukobwa ushyigikiwe na Alkiba muri Miss Rwanda ahishuye aho bahuriye.
-
Izindi nkuru6 hours ago
Ronaldinho yavuze amagambo akomeye ku mubyeyi we witabye Imana.