in

Misss Kalimpinya Queen watangiye atwara akamoto ubu yageze mu masiganwa y’imodoka

Miss Kalimpinya Queen wabaye igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017, ubu akaba asigaye anitabira amarushanwa y’amasiganwa y’imodoka, yavuze uko yinjiye muri aya masiganwa.

Kalimpinya avuga ko mu buzima busanzwe agenda kuri moto nto bakunze kwita ‘Scooter’, ari na byo byatumye zimwe mu nshuti ze zimushishikariza kuba yakwitabira amarushanwa yo gutwara ibinyabiziga.

Avuga ko bamuhuje n’umwe mu bashoferi witwa Yoto Fabrice usanzwe yitabira amarushanwa yo gusiganwa ku modoka ari na we bakorana mu masiganwa akunze kwitabira.

Kalimpinya agira ati “Yarambajije ati ‘ushobora gukora amasiganwa y’imodoka?’ ndamubwira nti ‘ntabwo mbizi ariko nagerageza’. Turabyemeza, ndabyitoza nk’umu-Copilote njya mu myitozo.”

Miss Kalimpinya avuga ko ubwo yajyaga mu myitozo ya mbere yabereye i Rwamagana, bamutwaye mu modoka iri ku muvuduko wo hejuru basa nk’abari kumugerageza, ubundi bakamubaza niba bitamuteye ubwoba, akababwira ko “ntabwo.”

Ati “Barongera bampa undi mupilote noneho wiruka cyane, ariruka cyane aragaruka ahita ayikata cyane, ndavuga nti ‘ibi ni byo byo hejuru?’ bati ‘Yego’ ndavuga nti ‘sha ndumva ntabugize cyane’. Barambwira bati ‘niba utabugize aha, birashoboka ko wabikora’.”

Avuga ko kuva ubwo muri 2019 yatangiye kujya akora imyitozo, agatangira ari ufasha umushoferi ariko aza guhura n’imbogamizi z’icyorezo cya COVID-19 cyahise cyaduka gihagarika ibikorwa binyuranye.

Amaze kumenyera gufasha abashoferi, na we yatangiye kwiga gutwara akaba yaranatangiye kwitabira amarushanwa arimo n’iriheruka kuba mu kwezi gushize rya Rwanda Mountain Gorilla Rally riri mu yakomeye mu Rwanda.

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Mu mafoto: Dore uko byari byifashe mu mukino wahuzaga ikipe ya APR FC n’ikipe ya Police FC

Mu mafoto : Dore inkumi y’uburanga ivugwa mu rukundo na Kizigenza Benzema