imikino
Irebere amategeko adasanzwe azajya agenderwaho mu gutora umukinnyi uhabwa Ballon D’or (Bye Bye Messi, bye bye Cristiano)

Nkuko twari twabibabwiye mu cyumweru gishize hagiye kubaho impinduka zidasanzwe mu itangwa ry’igihembo kizwi nka Ballon D’Or gihabwa umukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu mwaka.
Nyuma yo kumara imyaka itandatu yifatanije na FIFA mu gutanga Ballon D’Or, France Football yongeye gufata icyemezo cyo kuzajya itanga iki gihembo ku giti ycayo, ibi ngo ahanini bikaba byaratewe nuko babonyeko mu buryo bwakoreshwaga mu gutora umukinnyi ukwiye guhabwa Ballon D’Or mu myaka 6 ishize habagamo kwibira abakinnyi babiri aribo Cristiano Ronaldo ndetse na Lionel Messi.
Amategeko mashya France Football yashyize ahagaragara azajya agenga itingwa rya Ballon D’or akaba ari aya akurikira.
- Ubu hazajya hakorwa urutonde rw’abakinnyi 3 bazatorwamo umukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu gihe ubusanzwe hakorwaga urutonde rw’abakinnyi 23 gusa.
- Bimwe byo gutangaza batatu bambere byavuyeho
- Ballon D’or izajya itangwa mu mpera z’umwaka mu kwezi kwa 12 (Ukuboza) aho gutangwa mu kwa mbere (Mutarama). Ni nabwo kandi bazajya batangaza uko abo bakinnyi uko ari 30 bakurikiranye.
Nkuko byasobanuwe na Jean Pierre Papin umuFaransa wegukanye Ballon D’Or mu 1991, ngo kuba abatoza ndetse n’abakinnyi b’aba Capiteni batoraga byatumye hagaragaramo kwibira abakinnyi babiri aribo Cristiano na Messi aho yavuzeko nubwo ntawushidikanya ko aribo bakinnyi bakomeye muri iki gihe ariko atariko buri mwaka aribo baba bitwaye neza kurusha abandi. Aha akaba yagarutse ku kibazo gikunze kuvugwa cyo kuba Iniesta nta Ballon D’or yigeze atwara kandi nyamara muri 2010 benshi baremezaga ko ariwe uyikwiye cyangwase Franck Ribery nawe wigaragaje cyane muri 2013 maze bikarangira ari Cristiano uyegukanye.
France Football rero ngo ikaba isanga gukuraho amajwi y’abatoza ndetse n’abacapiteni byafasha mu kugabanya guhuguza kwagiye kugaragara mu itangwa ry’iki gihembo.
Comments
0 comments
-
Imyidagaduro1 day ago
Ngaba abakobwa 10 bakomeje kuza ku mwanya wa nyuma muri Miss Rwanda 2021.
-
Imyidagaduro1 day ago
Wa mukobwa ukomeje kwanikira abandi muri Miss Rwanda burya yiga i Bwotamasimbi|Yahishuye uko yinjiye muri iri rushanwa.
-
Imyidagaduro1 day ago
Umugore wa Nyakwigendera Dj Miller yibukanye icyubahiro umunsi yambikiweho impeta y’urukundo (fiançaille) na Dj Miller
-
inyigisho1 day ago
Ngizi impamvu zishobora gutuma umusore adasohokana inkumi kandi bamaze igihe kirekire bakundana.
-
Imyidagaduro2 days ago
Miss Umulisa witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu mwaka wa 2018 yasabwe anakwa n’umugabo we (amafoto)
-
Imyidagaduro2 days ago
Young Grace yagaragaye mu myambaro igaragaza umubiri we ubwo yari agiye kuvoma (amafoto)
-
Imyidagaduro23 hours ago
Shimwa Guelda yakorewe ibirori by’akataraboneka ku isabukuru ye y’amavuko (amafoto)
-
Imyidagaduro10 hours ago
MU MAFOTO: Dore abakobwa 20 bakomeje mu mwiherero wa #MissRwanda2021