imikino
Dore udukoryo n’ibitego byaranze umukino wa Clasico aho Cristiano Ronaldo yaraye ahasheje itsinzi Real Madrid ku kibuga cya Fc Barcelone (amafoto)

Ku munsi w’ejo saa mbiri n’igice ku masaha ya hano I Kigali nibwo I Camp Nou hatangije umukino wahuje ikipe ya Fc Barcelone na Real Madrid muri championat yomu gihugu cya Espagne La Liga.
Mu mukino waranzwe ahanini no kuvunana cyane, ikipe ya Real Madrid niyo yabashije kwegukana itsinzi iyiheshejwe na Cristiano Ronaldo mu minito yanyuma y’umukino bityo ihagarika urutonde rw’imikino 39 yose Fc Barcelone yari imaze idatsindwa.
Ubusanzwe umukino wa Clasico ni umukino uba utegerejwe cyane kubera guhangana kw’ikipe ya Fc Barcelone na Real Madrid ndetse akenshi uyu mukino ukunze kuba aya makipe yombi yenda kunganya amanita kuburyo uba ufite agaciro gakomeye cyane, gusa ku musni w’ejo siko byari bimeze kuko umukino watangiye ikipe ya Barca irusha Real amanota 10 yose byumvikana ko ubu kuba haba ibitangaza ikipe ya Barca yizeye kuba izatwara championat yo muri espagne 2015-2016.
Nubwo bwose uyu mukino nta gaciro kanini wari ufite ku bijyanye na championat y’uyu mwaka, wari utegerejwe cyane kuko ariyo clasico yambere yari ibayeho kuva Zidane yatangira gutoza ikipe ya Real Madrid, abantu rero bakaba bari batagereje kureba uburyo Real ya Zidane iza ku byitwaramo dore ko Clasico yaherukaga Barca yari yanyagiye Real bine ku busa.
Zidane rero akaba yaraye atashye yishimye cyane kuko abasore Karim Benzema ndetse na Cristiano Ronaldo baraye babashije kumuhesha insinzi mu gihe nayamra ikipe ya Fc Barcelone ariyo yari yabanje gufungura amazamu ku munota wa 56 w’umukino ubwo Gerard Pique yatsindaga igitego cy’umutwe kuri corner, Benzema akaza kucyishyura ku munota wa 63 w’umukino naho Cristiano Ronaldo nawe aza guhesha Real insinzi ku munota wa 84 w’umukino ku mupira mwiza yahawe na Gareth Bale.
Hagati aho muri uyu mukino hakaba hagaragayemo amakosa ku basifuzi aho nko mu gice cya mbere Sergio Ramos yateze Lionel Messi imbere gato y’urubuga rw’amahina ariko umusifuza arabyirengagiza naho mu gice cya kabiri umusifuzi akaba yanze igitego cya Gareth Bale cy’umutwe yari atsinze ku mupira mwiza wa Cristiano Ronaldo.
Dore amafoto yaranze uwo mukino:

Ivan Rakitic ahanganye na cristiano Ronaldo

Benzema atsinda igitego cyo kwishyura

Cristiano yatsinze igitego ku ishoti ryanyuze hagati y’amaguru ya Bravo

Abakinnyi ba Real barimo bishimira igitego cya Cristiano
Dore video y’ibitego by’uwo mukino:
https://www.youtube.com/watch?v=5XfAgKfwSVA
-
Ubuzima21 hours ago
Menya impamvu itangaje ituma zimwe muri hoteli zishyira ibinini mu mafunguro y’abantu.
-
Imyidagaduro14 hours ago
Dore umukobwa mwiza watwaye umutima w’umunyarwenya Arthur Nkusi (AMAFOTO)
-
Imyidagaduro12 hours ago
The Ben na Miss Pamella bashyize hanze itariki y’ubukwe bwabo.
-
Imyidagaduro19 hours ago
Umunyamakuru Tidjara, uherutse gusezera kuri RBA, yaturitse ararira mu kiganiro| umukobwa we yamutomagije karahava (VIDEO)
-
Imyidagaduro6 hours ago
Abanyamakuru ba Radio/TV10 bakije umuriro kuri KNC nyuma yo gushinja umwe muri bo kutarongora kandi akuze.
-
Imyidagaduro17 hours ago
Umunyamakuru wa RBA uherutse kwambikwa impeta yahishuye uburyo yarijijwe na fiancé we|Avuga no ku bukwe bwe (VIDEO)
-
imikino11 hours ago
Umukunzi wa Yannick, yashyize ahagaragara video bari gusomana amushimira ibyo yamukoreye
-
Imyidagaduro16 hours ago
Bwa mbere umunyarwenya Arthur Nkusi avuze ko afite umukunzi anavuga izina rye