Imyidagaduro
Bruce Melodie yahishuye uburyo yahemukiye Uncle Austin wamusabye gukorana indirimbo.(VIDEO)

Bruce Melodie uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi binyuze mu ndirimbo ye nshya yise “Abu Dhabi” yahishuye uko yanze ko Uncle Austin ayijyamo nyamara ari mu bamufashije kuyandika.
“Abu Dhabi” ni indirimbo yagiye hanze benshi batungurwa n’uburyo Icyongereza kiririmbyemo cyanditse.
Iyi ndirimbo yayanditse afatanyije na Uncle Austin, umunyamakuru ubifatanya n’ubuhanzi.
Mu kiganiro Bruce Melodie yagiranye na IGIHE yatangaje ko nyuma yo kwandika indirimbo ye afatanyije na Uncle Austin, uyu ngo yamusabye kuyijyamo ariko arwana inkundura yo kumuhakanira.
Yagize ati “Twarayikoze yumva iraryoshye ashaka kujyamo kandi mu by’ukuri yari ari kumfasha; byansabye kumwinginga ngo ntajyemo, birangira abyumvise. Si ubwa mbere amfashije.”
“Tugitangira gukora indirimbo nkumva iraryoshye nahise numva ko nta wundi muntu uri bujyemo, kubyumvisha Uncle Austin icyakora byari bigoye.”
Nubwo ari indirimbo yumvikanamo inkuru y’umugabo ubwira umugore we wamutaye akanamusigana umwana, Bruce Melodie yavuze ko ari inkuru mpimbano idashingiye ku byabayeho.
Si ubwa mbere aba bahanzi bagonganye muri ubu buryo, kuko na Uncle Austin hari indirimbo yanze ko Bruce Melodie ko ajyamo nubwo yirinze kuyivuga izina.
Nubwo buri wese wagize uruhare mu ikorwa ry’iyi ndirimbo yishyuwe, Uncle Austin wafashije Bruce Melodie kuyandika we ngo aye ntarayabona.
Bruce Melodie wemera ideni avuga ko igihe azagira icyo abona azitura Uncle Austin wamufashije nubwo nta kiguzi runaka bumvikanye.
Gusa Bruce Melodie yasoje ikiganiro ashimira Austin kuko uyu mugabo ari umwe mu babashije kubona impano ye agitangira umuziki ndetse aranamufasha.
Kanda hano hasi urebe video ya Bruce Melodie “Abu Dhabi”
-
Imyidagaduro13 hours ago
Fiancée wa Meddy yerekanye ikintu gikomeye atandukaniyeho n’abakobwa benshi b’iki gihe
-
Imyidagaduro24 hours ago
Umukobwa uteye nk’igisabo wabaye umunamba wa Mico The Best yavuze akayabo k’amafaranga Mico yamuhembye
-
Imyidagaduro9 hours ago
The Ben ararye ari menge bitihise Pamella baramumutwara
-
imikino16 hours ago
Yannick Mukunzi yagereranyijwe n’ibihangange Cristiano Ronaldo, Messi ndetse na Neymar
-
Inkuru rusange16 hours ago
Inkweto umwuzukuru wa Joe Biden yambaye sekuru arahira zikomeje guca ibintu hirya no hino ku Isi.
-
imikino17 hours ago
Ikipe ya Rayon Sports yisanze ku rutonde w’amakipe 50 meza cyane muri Afurika.
-
Imyidagaduro23 hours ago
Cyore: Clarisse Karasira ntacyambara impeta yambitswe na fiancé we
-
Ubuzima10 hours ago
Wari uziko abantu bashobora kumatana barimo gutera akabariro?Menya icyo abahanga babivugaho.