in

Wari uziko abagabo baca inyuma abagore babo bakunze kwicwa n’umutima?Sobanukirwa impamvu zibitera.

Inzobere mu bijyanye n’imibanire y’abantu zitangaza ko abagabo benshi bakunze kwicwa numutima barimo gutera akabariro, mu gihe bagiye guca inyuma abakunzi babo.

Byatangajwe na Marc Gillinov na Steven Nissen bombi bamaze igihe bavurira indwara z’umutima mu bitaro bitandukanye.

Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Abanyamerika kita ku ndwara y’umutima bwiswe ‘a scientific statement from the American Heart Association’ bwagaragaje ko 75% by’abagabo bicwa n’indwara y’umutima ubafata mu gihe barimo basambana n’umugore utari uwabo. Ibi byago ngo byiyongera iyo uwo mugabo arusha imyaka myinshi uwo mugore.

Ubu bushakashatsi bwasuzumye imirambo 5 559 y’imfu zabaye ku bagabo zitunguranye.Ubundi bushakashatsi busesengura impamvu abantu bafatwa n’indwara y’umutima mu gihe cyo gutera akabariro bwakozwe na Paul Newman nk’uko tubikesha ikinyamakuru Fobes.

Iki kinyamakuru kivuga ko uyu mushakashatsi yagaragaje ko bibaho gacye kuba umutima wafata umugabo mu gihe ari gutera akabariro gusa ngo muri ako gacye kabaho ubwiganze buri ku bagabo baba bari guca inyuma abagore babo.

Mu gitabo yanditse ashyira ahagaragara ubu bushakashatsi yari aho yanditse aburira abagabo bafite indwara y’umutima ko bakwiye kwirinda guca inyuma abo bashakanye.

Muri Leta zunze ubumwe za Amerika abantu 647 000 bicwa n’indwara z’umutima buri mwaka. Ni ukuvuga ko mu bantu bane bapfa muri Amerika umwe aba azize indwara z’umutima. Iki gihugu kitakaza miliyari 219 z’amadorali buri mwaka kubera indwara z’umutima.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS rivuga ko buri mwaka indwara z’umutima na stroke byica abantu miliyoni 17 ku Isi.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umusore wiga muri Kaminuza yagiye gukorera umukunzi we ikizamini yigize umukobwa ||Ibyamubayeho nyuma biratangaje.

Rihanna n’umukunzi we byabananiye kwihangana birangira basomaniye mu ruhame bitungura benshi.