in

Wa mukinnyi Rayon Sports iherutse kugura imwitezeho ibitangaza yahise avunika

Umukinnyi mushya ukina mu ikipe ya Rayon Sports, Rafael Osaluwe Olise yagize ikibazo cy’imvune mu mukino wa ginshutu wabahuzaga na Heros.

Ku munsi w’ejo hashize nibwo ikipe ya Rayon Sports yahuraga n’ikipe ya Heros, aho ikipe ya Rayon Sports yari yayakiriye mu Nzove.

Uyu mukino waje kurangira ari ibitego bitatu bya Rayon Sports ku busa bwa Heros, nubwo batahabye intsinzi ntabwo bacyuye umukinnyi wabo wo hagati nkuko bari bamuzanye.

Umukinnyi wo hagati, Rafael Osaluwe Olise yagize ikibazo cy’imvune mu gice cya mbere cy’umikino ndetse ahita avamo.

Abaganga bahise bajya kumwitaho, bikaba biteganyijwe ko baraza gutangaza igihe azamara hanze y’ikibuga.

Rafael Osaluwe w’imyaka 23 yaje mu Rwanda mu 2018 ahita asinyira Bugesera FC. Akaba yarageze muri Rayon Sports ukwezi gushize.

 

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umugabo wa Butera Knowless yongeye kumubwira akantu keza ku rukundo (Ifoto)

Ikipe ya Apr Fc yahaye Adil Erradi Mohammed umunsi ntarengwa wo kugaruka