in

Umutoza Ben Moussa yakoze impinduka zikomeye mu bakinnyi 11 arabanza mu kibuga bacakirana na Kiyovu Sports

Umutoza Ben Moussa wa APR FC n’abakinnyi b’iyi kipe biteguye kwegukana amanota atatu ku mukino barahuramo na Kiyovu Sports ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022.

Ku munsi w’ejo nibwo APR FC yasoje imyiteguro y’umunsi wa 10 wa shampiyona, aho igomba gukina na Kiyovu Sports iyoboye by’agateganyo urutonde rwa shampiyona.

Ni umukino APR FC yiteguye nk’uko yitegura indi mikino yose ikomeye, ariko hakabaho akarusho ko kuzirikana ko ‘Ushaka igikombe atsinda abagihabwaho amahirwe bose”, kandi iyi Kipe y’ingabo z’igihugu Intego ni ugutwara igikombe cya shampiyona.

Imyitozo y’ejo ku wa kabiri ari na yo ya nyuma mbere yo guhura na Kiyovu Sports yagaragayemo abakinnyi bose ba APR FC, barangajwe imbere na ba Kapiteni ba yo Manishimwe Djabel na Buregeya Prince.

Uroye abakinnyi bose ba APR FC bari bakeye mu maso kandi bambariye urugamba, bityo abafana barasabwa kuza ari benshi na bo bagashyiraho akabo bakabashyigikira bityo Umurava ugatanga Intsinzi.

Abakinnyi 11 APR FC irabanza mu kibuga

Umuzamu : Mutabaruka Alexandre

Ba myugariro : Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude, Niyigena Clement na Buregeya Prince.

Abo hagati : Mugisha Bonheur, Ruboneka Jean Bosco na Manishimwe Djabel.

Ba rutahizamu : Mugunga Yves, Nshuti Innocent na Byiringiro Lague.

APR FC yaherukaga mu kibuga ku itariki ya 12 Ugushyingo 2022, ubwo yatsindaga Sunrise FC ibitego 3-2.

Kugeza ubu APR FC iri ku mwanya wa 3 n’amanota 17, ikarushwa amanota 3 na Kiyovu Sports iyoboye by’agateganyo urutonde rwa shampiyona.

Written by Social Mula

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Nyagatare:Umugabo akurikiranyweho icyaha kidasanzwe cyo gusambanya abana 10 b’abahungu n’umwe w’umukobwa mu kwezi kumwe gusa

Bruce Melodie yasekeje abantu avuga ko nta kibazo cyo kubyara abana 10 kandi ngo urukundo akunda imbwa byatumye ajya kuzicirira(videwo)