in

Rwanda: ingurube yariye umwana kugeza ashizemo umwuka

Mu karere ka Nyamasheke haravugwa inkuru ibabaje y’umwana wariwe n’ingurube kugeza apfuye.

Mu murenge wa Kanjongo wo mu Karere ka Nyamasheke ho mu Burengerazuba bw’u Rwanda haturutse inkuru ibabaje, aho umwana w’imyaka itatu n’igice yariwe n’ingurube yo mu rugo kugeza imuhitanye.

Iby’iyi nkuru y’incamugongo byabereye mu Mudugudu wa Maseka ho mu Kagari ka Kibogora ku mugoroba wa tariki 28 Ugushyingo 2022.

Mu masaha y’umugoroba wahise, nibwo ingurube yasenye uruzitiro rw’ikiraro isanzwe ibamo, yinjira mu nzu, irya umwana w’umukobwa wari wenyine ubwo ababyeyi be bari bagiye mu kazi ndetse n’umukozi yamuryamishije ajya hanze y’urugo.

Amakuru aravuga ko ingurube yariye uwo mwana ibice byose by’umutwe ndetse n’ukuboko kw’iburyo, ababyeyi be bataha basanga yitabye Imana.

Nyuma y’aho, umubiri wasigaye w’umwana wariwe n’ingurube, wajyanwe gusuzumirwa mu bitaro bya Kibogora.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Umuramyi ukomeye mu Rwanda agiye gukora ubukwe

N’ibyishimo byinshi muri Rayon sports nyuma yo kugarura umukinnyi rurangiranwa wari ukumbuwe n’abafana benshi

  • https://stream.zeno.fm/0fzvslccgngvv
  • YEGOB LIVE
  • YEGOB LIVE
  • https://stream.zeno.fm/h8a8g1chaxhvv
  • YEGOB RADIO
  • YEGOB RADIO