Imyidagaduro
Riderman arambiwe ibintu bikomeje gukorerwa abahanzi nyaRwanda

Umuraperi nyaRwanda Riderman ubwo yari yatumiwe mu kiganiro kuri Royal Tv yagaragaje ko atishimiye ibikomeje kuba ku bahanzi nyaRwanda aho avugako nta burenganzira bakigira kuri Petit Stade kandi nyamara ngo bayikeneye cyane.
Ubwo yari mu kiganiro na Royal Tv, binyuze muri Celebrities Show, umunyamakuru yamubajije icyo yunva yakwisabira Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne agize amahirwe yo guhura nawe. Uyu muraperi yavuze ko baganira byinshi ariko ingingo nyamakuru zaba ari eshatu.
– Kongera guhabwa Petit Stade nk’uko byahoze:
Riderman yavuze ko Minisitiri Joseph Habineza akiyobora Minisitire y’umuco na Siporo abahanzi nyarwanda bari bafite uburenganzira kuri stade, igihe cyose bayisabye bakayibona ariko ubu si ko bikimeze
Ati ” Eeeeeh ko byaba ari byinshi ra…..Gusa iki banze kandi kihutirwa namusaba kongera kuduha uburenganzira kuri Petit stade nk’uko byahoze..Mbese umuhanzi nasaba Petit stade ayihabwe, ariko nanone ntayakwe ku munota wanyuma, kubera gahunda zitunguranye, nkuko dukunze ku bibona.”
– Gushyiraho uburyo bwo kugurisha amatike ku bitaramo:
Uyu muraperi yatanze urugero rwa Maitre Jimm ufite igitaramo mu kwezi kwa 12 uyu mwaka, ariko amatike yamaze kugurwa na bagomba kuzitabira icyo gitaramo ndetse kuri ubu ushatse kugura itike byakugora kuko yarashize. Yakomeje avuga ko yamusaba gushyiraho uburyo umuhanzi azajya ategura igitaramo mbere ya mezi nka biri cyangwa atatu, kugeza ku igurishwa rya matike.
Ati ” U Rwanda rutuwe na miliyoni zirenga 12…..Kuburyo yadufashe gushyiraho uburyo bwo kwishyura amatike mu gutiramo, apana ibya Guma Guma binjirira ubuntu..Mbese umuhanzi agataramira abafana be byose aziko byatunganye kera, azi n’amafaranga agomba kuvamo.
– Kudushyirahamwe nk’abahanzi:
Iki cyo na bonye baratangiye kugikoraho, nasaba nkomeje kudufata kimwe abahanzi bose, twese tugafatwa kimwe, kuburyo nta mwana ntumwe urutishwa undi..Minisiteri ni nk’umubyeyi ufite abana babiri abo bose abagomba kubagaburira akabanganya kuburyo ntanumwe urutisha undi.
Rideraman akomeje gushyira ingufu mu gutunga alubum yise ’Ukuri’ igomba gusohoka muri uyu mwaka. Uretse amashusho y’indirimbo ’Inzozi mbi’ uyu muraperi aherutse gushyira hanze indirimbo yise ‘Get Out Of My Soul’ iri mu njyana ya Reggae, yumvikanamo amagambo y’Igifaransa, Icyongereza ndetse n’Ikinyarwanda.
Comments
0 comments
-
Utuntu n'utundi23 hours ago
Umukobwa yarase umukunzi we ko iyo bari kumwe yumva nta ntare yamukoraho ,nyuma imbwa ije bakizwa n’amaguru.
-
Hanze20 hours ago
Uyu mugabo bamutegeye kurya amagi 50 maze agahabwa akayabo, apfa amaze kurya 42.|Menya icyamwishe
-
Mu Rwanda12 hours ago
Umwana Samantha ukina filime aherutse kwibaruka yitabye Imana
-
Hanze20 hours ago
Amazina ya nyayo y’umugabo Zari yasimbuje Diamond Platnumz arashyize aramenyekanye.
-
Ubuzima4 hours ago
Ibimenyetso simusiga byakwereka ko wamaze kwibasirwa na stress ikabije.