in

Manchester United yiteguye gutanga Miliyoni 100 ku mukinnyi wa Fc Barcelone

Ikipe ya Manchester United izanswe imenyereho kugura abakinnyi b’abana bakiri bato (urugero nkaba Martial, Daniel James nabandi) biravugwa ko yiteguye gutanga akayabo ka miliyoni 100 ku mukinnyi Ansu Fati w’ikipe ya Fc Barcelone.

Nkuko amakuru dukesha ikinyamakuru Sport abivuga, ikipe ya Man U nyuma yo kubonako kwiruka inyuma y’umusore Jadon Sancho ukinira ya Borrusia Dortmund bitagishobotse, iyi kipe yafashe icyemezo cyo kugerageza kugura umwana ukiri muto umaze iminsi yigaragaza mu ikipe ya Fc Barcelone ariwe Ansu Fati.

Sport ikaba ikomeza ivuga ko super agent, Jorge Mendes ariwe uri gufasha Manchester United muri iyi gahunda yo kuba yagura uyu mwana w’imyaka 17 gusa y’amavuko gusa ariko ngo kugeza ubu Barca ikaba idashaka kumurekura.

 

 

Written by

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Dore Top 10 y’abakinnyi ba Football bahenze kurusha abandi ku isi

Reba ibyamamarekazi nyaRwanda bitunze Imodoka zihenze muri Kigali