in

Heba Saadia agiye kwandika amateka

Heba Saadia azasifura imikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi cy’abagore kizabera muri Australia na Nouvelle Zélande(20 Nyakanga-20 Kanama 2023), niwe Munya-palestine wa mbere(mu bagabo n’abagore)usifuye igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru

Uyu mugore w’imyaka 34,yakuriye muri Syria muri 2010 Ubwo yigaga muri kaminuza (Siporo n’uburezi), yabonye nta mugore n’umwe wari mu mahugurwa y’imisifurire abijyamo gutyo, nyuma yaje kwimukira muri Malaysia kubera intambara yari muri Syria, atangira gusifura muri icyo gihugu

Muri 2016 we n’umuryango we bimukiye muri Suède, atangira gusifura muri shampiyona y’abagore no mu cyiciro cya kabiri mu bagabo

Yasifuye igikombe cy’Aziya, imikino Olempike 2020,ubu ni umwarimu wa Siporo anakora mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Palestine

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Yayiherukagamo igikinisha abanyamahanga! APR FC yongeye kugirira ikizere umugabo watumye iba ubukombe mu gutwara ibikombe

Pasiteri yatuburiye umukirisitu we amafaranga atagira ingano