Utuntu n'utundi
Ese ntabwoba ufite ko ako kazi ukora vuba aha Robot zizakagutwara ?Reba uko ubwonko bw’ubukorano bugiye gusubiza benshi ku isuka

Isi iri gutera imbere cyane,ubu ibihugu by’ibihangange mu ikoranabuhanga birakataje gusimbuza muntu, ikindi kintu gikora kumurusha ariko kidasaba umushahara (Robot) ,uko amarobot yiyongera niko akora akazi mwene muntu yakoraga maze agasubizwa ku isuka nk’uko benshi babivuga.
Robot yambere yakozwe mu mwaka w’1954 n’umugabo witwa George Devol nyuma uko inganda zagiye zitera imber niko abakora amarobot bagiye bakataza kuko babonaga batakaza amafaranga menshi arimo ayo bishyuraga abakozi batagira ingano ndetse n’ayo babishyuriraga ubuvuzi.
Ubu abenshi bafite amakenga ntakabuza kuko University yambere kuy isi ,MIT (Massachusetts Institute of Technology ) yamaze kugaragaza ubwonko bw’ubukorano bugomba gukoreshwa muri Robot zigezweho (Modern Robots) ,ubu bwonko ikabva yaravuze ko buruta ubw’umuntu usanzwe. mu mushinga ugikomejwe n’akanama k’impuguke ka MIT kiswe ConceptNet Team ,wagaragaje ko ubwonko bamaze gukora buruta ubw’umuntu w’imyaka 4 ariko bukarutwa b’ubw’umuntu w’imyaka 5 n’7. gusa ngo ikiza kuri MIT n’uko ubu bwonko bwongera ubushobozi nk’ubwa muntu.
N’ukuvuga ko mu gihe kitarambiranye izi Robot zizashyirwamo ubwonko buruta ubwacu abantu maze zigashoka akazi zikagakora ku buryo hazirukanywa abakozi benshi cyane abakora mu nganda,ibi ntawabihakana kereka utazi ko abayapan bashyize hanze ko mu mwaka wa 2017 bazaba batangije uruganda rukorwamo n’amarobot gusa ,uru ruganda rukazaba rukora ibireti (World’s first robot Firm) uru nirwo rwa mbere ruzaba rubayeho ku isi rukorwamo n’amarobot gusa nk’uko mailonline ibitangaza.
Ubu bwonko bw’ubukorano (Artificial Intelligence) bwagiye bwemerwa na benshi ko buzazahura ubukungu bw’isi dutuye gusa hari n’ababukemanze ndetse kuribo bumva butazahira abashakashatsi ba MIT kuko babubona nk’ubuzarangiza isi.
Comments
0 comments
-
Imyidagaduro19 hours ago
Urukundo ni rwogere: Fofo wo muri papa sava yuriye indege ajya gushyigikira ibikorwa by’umukunzi we
-
Utuntu n'utundi23 hours ago
Cyore:Umukwe n’umugeni bashatse kurwanira mu bukwe bakizwa na mbuga.
-
urukundo9 hours ago
Umusore yaryamye mu muhanda hagati abantu benshi barahurura maze ahita atungura umukunzi we amwambika impeta(AMAFOTO)
-
Ubuzima9 hours ago
Dore uko bigenda ku mubiri wawe iyo unyoye amazi mu gitondo ukibyuka .
-
Mu Rwanda22 hours ago
Maze imyaka 40 nta mugabo urantereta|Ninjye muntu mubi cyane ku isi||ukuguru kwanjye banze kuguca.
-
Mu Rwanda21 hours ago
Akumiro:Bamuroze kugira ibitsina bibiri nyuma yo kurya isake y’umukobwa||Ubuhamya bwa Miss Munyago w’i Nyamasheke.
-
urukundo22 hours ago
Abantu benshi bashimishijwe cyane n’ubukwe bw’umusore umaze imyaka 14 mu kagare k’abamugaye n’inkumi y’ikizungerezi.
-
Hanze19 hours ago
Wa muhanzikazi wamaze icyumweru kwa Diamond Platnumz yahaswe ibibazo| Ibyo guterwa inda na Diamond| Ukuri kose yagushyize hanze