in

Erik Ten Hag yazenze amarira mu maso ubwo yarebaga Man U yandagazwa na Crystal Palace.

Ku munsi wa mbere umutoza mushya wa Manchester United, Erik Ten Hag ubwo yarebaga umupira yagaragaye atishimiye na gato nyuma y’uko ikipe yandagazwaga bikomeye n’ikipe ya Crystal Palace.

Byose bikaba byabaye ku munsi wejo ubwo hakinywaga umukino wasozaga shampiyona y’ubwongereza bikaba bitari byoroheye Man U.

Erik Ten Hag byamugaragariye ko afite akazi gakomeye ko gukora kuko bikomeje kugaragara ko abakinnyi ba Man U bacitse intege ndetse batagifite umutima wo kwitangira iyi kipe ikinira Old Trafford.

Erik Ten Hag yemejwe mu kwezi kwa Mata, ubwo yasimburaga Ralf Rangnick wakora nk’umutoza w’agateganyo ubundi ufite akazi ko gukora ubugenzuzi.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Aguero na Pep Guadiol Man City igitwara igikombe baboneyeho babwirana amagambo aryoshye.

Rwanda: umukobwa utagira amaguru ibyo yakorewe n’ababyeyi be biteye agahinda