in

Amarozi yongeye kugaruka mu matwi y’abantu nyuma y’umukino wa Kiyovu Sports na Espoir wahagaze iminota 16

Ku munsi w’ejo hashize nibwo Kiyovu Sports yatsindaga ikipe ya Espoir Fc igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Nshimirimana Ismail Pichou.

Uyu mukino wabereye kuri sitade ya Kigali I Nyamirambo waje guhagarara iminota 16 nyuma y’uko ambulance yari yatinze kugaruka ku kibuga.

Umukino wahagaze ku munota wa 82 kuko ambulance yari yajyanye Umukinnyi wa Espoir Fc kwa Muganga yari yatinze kugaruka.

Komiseri w’umukino yahagaritse uyu mukino aho byavugwagwa ko Kiyovu Sports ishobora guterwa mpaga.

Kera kabaye Ambulance yaje kuza maze umukino uza gukomeza ndetse Kiyovu Sports ibona n’igitego cyayihesheje amanota atatu.

Nyuma y’ibyo byose byabaye abari kuri sitade batangiye kuvuga ko Kiyovu Sports yagiye ku mupfumu akababwira ko batari bubone igitego mbere ya 17h00.

Bivugwa ko Kiyovu Sports ariyo yatindije umukino ku bushake kugira ngo bagere saa 17h00 babone igitego nkuko umupfumu yari yababwiye.

Amakuru avugwa n’abo bantu bashingije Kiyovu Sports amarozi bavuga ko Kiyovu Sports ko yarase Penaliti mu buryo budasobanutse kubera umupfumu yari yababwiye ko batari butsinde mbere ya 17h00.

Ibi byose ni ibivugwa n’abafana bagiye batandukanye dore ko nta n’umwe ufite ubimenyetso si musiga by’ayo makuru avuga ko Kiyovu Sports yarogesheje.

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

As Kigali yazimirijweho amatara igiye gukora imyitozo bivugwa ko ari umutegura yakorewe

Umugabo yagishije inama shaddyboo yatunguye abatari bake