in

Amafaranga SIMBA SC ishobora gutanga ku mukinnyi wa APR FC ntabwo asanzwe hano mu Rwanda

Amafaranga SIMBA SC ishobora gutanga ku mukinnyi wa APR FC ntabwo asanzwe hano mu Rwanda

Ikipe ya APR FC isaha n’isaha ishobora kugirisha rutahizamu wayo ukomeye Victor Mbaoma umaze iminsi arimo kwitwara neza hano mu Rwanda muri Shampiyona.

Uyu mukinnyi byatangiye ubwo APR FC yitabiraga imikino ya Mapinduzi Cup yaberaga mu gihugu cya Zanzibar aho yagoye cyane ba myugariro ba SIMBA SC mu mukino banganyijemo ubusa ku busa bigoranye cyane.

Amakuru YEGOB twamenye ni uko Victor Mbaoma kugeza ubu ibiganiro na SIMBA SC bigeze kure ndetse ko amafaranga iyi kipe ishobora kumutangaho angana n’ibihumbi 200 by’amadorari ubwo ni asaga Milliyoni 250 z’amanyarwanda.

Uyu mukinnyi wa APR FC uyoboye abandi ku gutsinda ibitego byinshi kugeza ubu muri Shampiyona afite ikibazo cy’imvune yakuye muri iyi mikino ya Mapinduzi Cup byatumye azamara hanze ukwezi kose nkuko bitangazwa n’umutoza we.

 

Written by Philcollens

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 784 798 373

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

RIP Eric! Umunyeshuri wigaga mu mwaka wa 5 w’ayisumbuye yapfiriye mu ntebe ye yari asanzwe yicaramo ubwo yari mu ishuri yiga, avuye gukosora ku kibaho

Kuva yabyara ntabwo yari yarigeze arabona umwana yibarutse uko asa! Amakuru mashya kuri Irakoze Ariella warwaye ikibyimba gikabije mu maso nyuma y’amazi 3 gusa akoze ubukwe