Ubuzima
Afunzwe azira gusambanya umunyeshuri we w’imyaka 12

Polisi yo mu Karere ka Mbarara mu gihugu cya Uganda iratangaza ko yataye muri yombi umusore w’imyaka 21 wari umwarimu ku kigo cy’amashuri abanza cya Mother Care Parent’s school kiri mu gace ka Nyabikungu aho akurikiranweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko wari umwe mu bana yigishaka.
Chimoreport dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu musore witwa Wycliffe Otunga yatawe muri yombi ku wa Gatatu .
Ababyeyi b’uyu mwana bavuze ko uyu musore yafashe uyu mwana w’umukobwa ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 7 Kanama,2016 ubwo yari amuherekeje avuye kumwigisha.
Aba babyeyi bakomeje bavuga ko nyuma y’uko uyu mwarimu abasigiye uyu mwana yahise atangira kurira bamubajije ababwira ibyamubayeho.
Ngo bahise babimenyesha polisi nayo ihita ita muri yombi uyu musore.
Uyoboye ubugenzacyaha mu Karere ka Mbarara , Taban Chiriga yemeje aya makuru ndetse ashimangira ko uyu musore agiye kugezwa imbere y’ubutabera.
Wycliffe Otunga yatawe muri yombi ku wa Gatatu azira gusambanya umwana yigishaga
Comments
0 comments
-
Utuntu n'utundi22 hours ago
Umukobwa yarase umukunzi we ko iyo bari kumwe yumva nta ntare yamukoraho ,nyuma imbwa ije bakizwa n’amaguru.
-
Imyidagaduro23 hours ago
Ndimbati yagaragaye mu bukwe bwa Myasiro n’umukunzi we
-
Hanze19 hours ago
Uyu mugabo bamutegeye kurya amagi 50 maze agahabwa akayabo, apfa amaze kurya 42.|Menya icyamwishe
-
Mu Rwanda10 hours ago
Umwana Samantha ukina filime aherutse kwibaruka yitabye Imana
-
Hanze18 hours ago
Amazina ya nyayo y’umugabo Zari yasimbuje Diamond Platnumz arashyize aramenyekanye.
-
Utuntu n'utundi24 hours ago
Abantu benshi batunguwe n’umugore wirukanse yambaye ubusa ubwo hashyingurwaga Prince Philip.
-
Ubuzima2 hours ago
Ibimenyetso simusiga byakwereka ko wamaze kwibasirwa na stress ikabije.