in

Yahawe imishandiko y’iza 5000 Frw gusa! Umusore w’umunyarwanda yariye miliyoni 85 z’amanyarwanda muri ‘Bet’ ashoye ibice bibiri by’ijana bisigaye bigura irindazi ritanahaza umwana wiga kurya

Bamwe bati ni ikinyoma, Umusore w’umunyarwanda yariye miliyoni 85 z’amanyarwanda ashoye ibice bibiri by’ijana bisigaye bigura irindazi ritanahaza umwana wiga kurya.

Umusore wo mu karere ka Rubavu, yashoye ibiceri 2 by’ijana atahana Miliyoni 85 z’Amanyarwanda muri sosiyete y’imikino y’amahirwe (bet) ikorera mu Rwanda.

Umunyamahirwe wo muri Rubavu yateze ibiceri 2 by’ijana gusa mu mikino y’amahirwe, atahana Miliyoni 85 z’amafaranga y’u Rwanda, ahamya ko ari amahirwe agiye guhindura ubuzima bwe.

Nk’uko iyo kampani ibyemeza, uyu munyamahirwe yari asanzwe ari umukiriya wabo kuva muri 2018.

Umunsi yatsindeyeho aya mafaranga, yarabyutse bisanzwe aragenda ajya i Gisenyi, ahageze yifashishije mudasobwa zisanzwe zifasha abakiriya gutega ubundi ategera amakipe 40 azarangiza gukina mu minsi 2.

Kuri aya makipe 40 yashyizeho ibiceri 2 by’ijana maze ahabwa igikubo kingana na 581,462.90. Nk’uko bigaragara ku itike ye ifite nimero 3326636476619999. Nyuma yo gutegereza iyi minsi 2, inzozi ze zabaye impampo aba atsindiye akayabo ka miliyoni 85 z’amafaranga y’u Rwanda.

Uwatsindiye aya mafaranga utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko ubuzima bwe buhindutse ndetse anashishikariza abandi gutega. Yagize ati “Ubu ndishimye cyane ku bw’intsinzi yanjye ikomeye kandi rwose ni amahirwe agiye guhindura ubuzima bwanjye.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

“Mumunzanire turebane amaso ku maso” Mu burakari bwinshi, Sat B yababajwe no kuntu igihugu cye cyambitswe isura mbi y’ubujura kandi ari abanyarwanda babyihishe inyuma

Ifoto y’icyumweru! Umusore yiyambuye imyenda mu ruhame nyuma yo kubona ibyo Bushali yari ari gukorera abaturage b’i Ngoma bari bizanye kumureba ku bwinshi