in

Wa muyobozi wavuze ku modoka ya Bruce Melodie yatangaje ko abantu bamwumvise nabi

Senateri Havugimana Emmanuel uherutse kuvuga ku modoka ya Bruce Melodie bigakurura impaka ku mbuga nkoranyambaga, yasobanuye icyo yashakaga kuvuga ndetse anakura urujijo ku bari bafashe nabi amagambo ye.

Senateri Havugimana yabwiye IGIHE ko hari abamwumvise nabi bagatwara ibintu uko atabivuze.

Ati “Njye uriya musore simuzi wenda ngo nanamugirira ishyari, navuze biriya nk’umubyeyi wanagira inama umuhungu wanjye. Rero kugura imodoka ya miliyoni 200Frw yo kujyana mu muhanda ni igihombo ku gihugu.”

Senateri Havugimana yavuze ko ku bwe Bruce Melodie nibura yari gushinga ishuri ryigisha umuziki, bityo bikaba inyungu ku gihugu ndetse n’abato, ibi bikaba byazanafasha uyu muhanzi mu gihe yaba atagihari kuko abaryizemo bajya barimwibukiraho.

Written by Social Mula

Subscribe
Notify of
guest
2 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
MUNYANEZA Theophile
MUNYANEZA Theophile
2 years ago

Nabyo simbyemeye,uriya muhungu urugendo rwe mumuziki ruracyakomeje,ibyinyungu rusange azabitekerezaho,ariko yabanje gukora ibyumutima wifuza yabigezeho!ninde wabona miriyoni 10 akaguma gutura Muri nyakatsi akabanza kuyafashisha abakene?arabanza nawe akabaho.Bruce melodi yasinye amasezerano ya 1million dolar ,Wenda afataho 20 pour cent yigurira akamodoka,kdi sinayo mafaranga yambere atunze,ubwo uwo mwana yakoze ishyano ki!??????

max
max
2 years ago

ntago uryumva koko???yakoze ibyo we atarakora ntakindi aziz4e.

Umukobwa yishe nyina, inyama ze akajya azigaburira abantu muri Restora ye

Breaking News: Ikipe ya Kiyovu Sports yanditse amateka ikora ibyananiye ayandi makipe