in

Urukundo ruraryoshye hagati ya Meddy na Mimi.

Nyuma yo gukora ubukwe bakemeranya kubana nk’umugabo n’umugore Ngabo Medard Jobert na Mimi Mehfira bakomeje kwereka abakunzi babo uburyo bakomeje kuryoherwa n’ibyiza by’urukundo mu mitoma ivuza ubuhuha ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma y’amezi macye basezeranye kubana , Meddy na Mimi bakomeje kugenda bagaragarizanya urukundo ariko ahanini ugasanga binyura mu bihangano by’umugabo aho yatakagizaga umwiza w’umunya Ethiopia Imana yamugeneye kuba uwe akaramata mu ndirimbo zirimo nka Queen Of Sheba na My Vow.

Mimi nawe ntazuyaza akaba yafashe umwanya amutakagiza mu mutoma usigirije ugaragaza ko rwose yashimye uwo yahawe na Rurema aho yanditse agira ati:”Umugisha wanjye, ndagukunda Ngabo, urihariye.”

Aya magambo akaba yayanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Meddy nawe amugaragariza ko anyuzwe nibyo akoze kandi amubwira ayasangiza abamukurikira.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umwana w’umunyarwanda amaze imyaka 19 aziritse nk’itungo(Video)

Itangazo rya Polisi y’U Rwanda rimenyesha umuhanda wafunzwe