Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye umukino wahuje Ikipe y’Igihugu, Amavubi, na Super Eagles ya Nigeria kuri Stade Amahoro, kuri uyu wa Gatanu.
Mu mukino w’Umunsi wa Gatanu wo mu Itsinda C ry’amajonjora y’Igikombe cy’Isi cya 2026, Amavubi yatsinzwe ibitego 2-0 na Nigeria.
Iyi ntsinzi yahise ifasha Nigeria kugira amanota atandatu, ikazamuka ku mwanya wa kane mu itsinda. U Rwanda rwo rwagumye ku mwanya wa gatatu n’amanota arindwi. Ku rundi ruhande, Afurika y’Epfo yayoboye itsinda n’amanota 10 nyuma yo gutsinda Lesotho ibitego 2-0.
Amavubi azongera gukina ku wa Kabiri, tariki ya 25 Werurwe 2025, ubwo azacakirana na Lesotho muri Stade Amahoro.



