in

Umusore w’imyaka 17 azamara mu buroko imyaka 100 nyuma yo kwica abavandimwe be

Ku wa kabiri w’iki cyumweru, Umusore w’ingimbi yakatiwe igifungo cy’imyaka 100 azira kwica barumuna be.

Nickalas Kedrowitz, ufite imyaka 17, yakatiwe iyi myaka nyuma y’aho yishe mushiki we witwa Desiree McCartney w’amezi 23 na murumuna we Nathaniel Ritz w’amezi 11.

Kedrowitz yari afite imyaka 13 igihe ubwicanyi bwakorwaga, amezi atatu atandukanye inshuro ebyiri zitandukanye. Ubwunganizi bw’ingimbi bwavuze ko afite uburwayi bwo mu mutwe butavuwe bityo akaba akwiye igihano cyoroheje. Ariko, umucamanza Ryan King yatekereje ukundi.Nyina wa Desiree, Christina McCartney, yatashye ku ya 1 Gicurasi 2017, asanga umukobwa we “adahumeka neza.” Uyu mukobwa yapfuye nyuma y’itariki 6 Gicurasi mu bitaro by’abana bya Cincinnati.

Nk’uko nyina wa Kedrowitz abitangaza ngo uyu musore yigeze gutema akana kandi mwene wabo yari yavuze ko umujinya we udasanzwe.Abayobozi bavuga ko Kedrowitz yemeye ubwo bwicanyi Nathaniel amaze gupfa.

Umushinjacyaha w’intara ya Ripley, Ric Hertel yagize ati: “Hariho amagambo menshi yabwiye abapolisi ku bijyanye no kwica abo bavukana.”

Uyu musore byarangiye ahamijwe icyaha cy’ubwicanyi ndetse agomba gufungwa imyaka 100 muri gereza.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Ku makositimu n’ivara, abagabo babana bahuje igitsina batwitse imbuga nkoranyambaga ubwo bakimbagiraga bavuye gusezerana (video)

Abakobwa b’inkumi barwanye inkundura bambaye ubusa bigogwe zabo ziri hanze(amashusho)