in

Umunyarwenya Anne Kansiime aratunguranye cyane.

Umunyarwenya Anne Kansiime wo muri Uganda yatunguranye avuga ko yiteguye kubyarira umukunzi we Skylanta umwana wa akabiri nyuma y’amezi hafi atatu n’igice gusa amaze yibarutse imfura ye. Mu magambo ye Kansiime yatangiye agira ati: “Nahuye n’ingorane mu kubona umwana ariko byabaye umugisha”.

Kansiime yakomeje agira ati: “Ntabwo nzi icyo nshaka, ntabwo nzi igihe nzabonera icyo nshaka. Nsengera kuramya no kugira ubuzima bwiza. Imana nishaka ko ngira abana 12 nzabagira, nishaka ko ngira 2 nzabagira, ariko iyaba mfite bishoboka kuyisaba umubare nshaka, nayisaba benshi!”.

Yakomeja ashimangira ko ntacyo byamutwara kubyara abahungu cyangwa abakobwa kuko icyangombwa ari urubyaro. Nk’uko bilz.co.ug yabigarutseho aya magambo yatumye benshi bacika ururondogoro aho hari abahise batekereza ko uyu munyarwenya atwite koko, abandi bavuga gukurikiza vuba byaba bitewe n’imyaka afite ariko barenzaho ko ari ukubitega amaso.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Inkuru nziza ku bakunzi b’umunyamakuru Ndahiro Valens Papy

Inkuru itari nziza ku bakunzi ba instagram.