in

Umunyamabanga wa FERWAFA yagize icyo asaba urubyiruko muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi

Muhire Henry Brulart ,umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, (FERWAFA)yahaye ubutumwa bw’ihumure abanyarwanda ndetse anagira icyo asaba urubyiruko by’umwihariko muri ibi bihe byo Kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.

u Rwanda ndetse n’Isi muri rusange kuva ku itariki 07 Mata 2023 hatangiye iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ihagitana inzirakarengana z’Abatutsi barenga miliyoni imwe.
Abantu mu ngeri zitandukanye bagiye bagenera ubutumwa bw’ihumure ndetse n’isanamitima, bugamije gukomeza Abanyarwanda muri ibi bihe bitoroshye.
Aho niho Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Muhire Henry Brulart yatanze ubutumwa agira ati “Mu gihe twibuka Ababyeyi, inshuti n’abavandimwe bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, dukomeze kwiyubaka cyane cyane kwiyubakamo imbaraga zanga ikibi zigashyigikira ikiza.

Imbaraga zo gukomeza gutwaza no guhobera ubuzima kuko aribyo bizasubiza mu by’ukuri agaciro abacu bambuwe ubuzima, kandi bikadufasha kubaho mu mwanya w’aho abacu batagihari”.

Ubutumwa bw’ihumure bw’Umunyamabanga wa FERWAFA

Muhire Henry asoza yagize icyo asaba urubyiruko agira ati “Rubyiruko duharanire kwiga amateka kandi dukosore ibyakozwe nabi, bityo tuzubaka u Rwanda twifuza kandi rubereye bose”.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

#Kwibuka29: Ntagara Delphine umunyamakuru akaba n’umusizi yasohoye umuvugo w’isanamitima muri ibi bihe_ VIDEWO

Dore ibyiza utaruzi byo kurya umuneke