in

Umukobwa w’umunyonzi i musanze yakoze ku mitima ya benshi nyuma yo kuvuga icyo yifuza mu buzima bwe

Mu buhamya bw’uyu mwana w’umukobwa avuga ko gutwara abantu n’ibintu ku igare bakamuha amafaranga abiterwa no kumva abikunze.

Aka kazi yakagiyemo nyuma yo gutakaza amashuri ye, ageze mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, biturutse ku mikoro make mu muryango wabo bari bafite.

Inzozi ze ngo ni uko azagura moto, akava ku igare akaba umumotari.

Yagize ati “Umwuga w’ubunyonzi nywumazemo amezi atandatu. Mbere yo kuza mu bunyonzi nakoraga ubuyede nkabona ari ibintu bigoye, kandi bivunanye, ndeba mu mirimo yose numvaga nashobora, nsanga ari ukunyonga igare, mpita ngura igara ntangira ubunyonzi, kuko nabonaga nta kazi ko muri leta nabona kandi nta n’uwampa ako gucuruza ntarize.”

Akomeza agira ati ” Abo dukorana bamwe usanga baba bantuka kuko mbarusha abakiliya, abandi bati komereza aho. Mbese ntibabyakira kimwe. Iyo ntwaye umuntu kubera imiterere y’iyi mihanda mubwira ko n’ubwo tutarihuta ariko tugerayo.”

Uyu mukobwa Kandi yakomeje asobanura intego afite mu buzima bwe.

Ati “Nteganya gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga no kugura moto muri 2024 kuko natangiye kwizigamira muri koperative dutangamo ibihumbi bine (Frw4000) buri cyumweru, nari narahereye ku igare rishaje naguze ibihumbi 60Frw, ubu naguze irindi ry’ibihumbi 85Frw kandi ndakora neza.”

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Mani Martin yakuyemo umwambaro we nyuma yo kubisabwa n’umukobwa w’ikizungerezi witabiriye Miss Rwanda ubwo bari mu kiganiro(Amafoto)

Umukinnyi wa APR FC wari umaze iminsi mu bihano yamaze kohererezwa message