in

Umukinnyi wivumbuye kuri Rayon Sports yabonye ikipe nshya yo mu barabu

Umukinnyi wivumbuye kuri Rayon Sports yabonye ikipe nshya yo mu barabu

Umunya-Sudan ukina ataha izamu, Eid Mugadam Abakar Mugadam yabonye ikipe nshya nyuma y’iminsi ari hano mu Rwanda.

Uyu rutahizamu aheruka gutandukana na Rayon Sports nyuma yo kuba ntamwanya wo gukina yabonaga ndetse n’imyitwarire ye itari myiza ubuyobozi buza guhitamo gutandukana nawe mu buryo bw’ubwumvikane.

Mugadam, ntakipe yari afite ndetse ntabwo yari yarasubiye iwabo muri sudan ariko kugeza ubu amakuru ahari ni uko uyu mukinnyi yamaze kumvikana n’ikipe yitwa Al Ahli Tripoli yo mu gihugu cya Libya.

Ikipe ya Rayon Sports kugeza ubu iri ku mwanya wa kabiri wa shampiyona nyuma yo gutsinda ikipe ya Marine FC ibitego 2-0 naho Police FC ikanganya n’ikipe ya Etincelles FC igitego 1-1.

 

 

Written by Philcollens

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 784 798 373

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Ibintu 6 byibuze ukwiye kugira ibanga mu buzima bwawe bikagufasha gutera imbere no kubaho mu mahoro.

Byagenze gute kugirango Rwatubyaye Abdul agaragare mu myitozo y’ikipe i Burayi kandi yari yavunitse bikomeye?