in

Byagenze gute kugirango Rwatubyaye Abdul agaragare mu myitozo y’ikipe i Burayi kandi yari yavunitse bikomeye?

Byagenze gute kugirango Rwatubyaye Abdul agaragare mu myitozo y’ikipe i Burayi kandi yari yavunitse bikomeye?

Myugariro w’ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, Rwatubyaye Abdul yagaragaye mu myitozo ku mugabane w’iburayi mu buryo butunguranye.

Ni amwe mu mafoto uyu mukinnyi yashyize kumbuga nkoranyambaga ze muri iyi wikendi ishize, avuga ko yishimiye kuba muri Shkupi FC ikina shampiyona ya Macedonia. Abdul akimara gushyira hanze aya mafoto yahise atagira gukwirakwizwa ahantu hose bijyanye ni uko ngo yagiye atabwiye ubuyobozi bwa Rayon Sports.

Rwatubyaye Abdul ku mukino wari wahuje Rayon Sports na Police FC mu gikombe cy’intwari, yavuye mu mukino yavunitse ariko amakuru ahari akavuga ko uyu mukinnyi yivunikishije kugirango abone uko azabeshya abayobozi naba yerekeje i Burayi azabone icyo yireguza arangize ibyo arimo gupanga.

Iyo ugerageje kuvugisha abayobozi ba Rayon Sports nabo ubona ko batunguwe no kubona amafoto ya Rwatubyaye Abdul bitewe ni uko bari baziko afite ikibazo cy’imvune. Aya makuru y’uyu mukinnyi yamenyekanye kuwa gatanu ariko kuwa mbere w’iki cyumweru gishize ngo nibwo yari yerekeje Macedonia muri Shkupi FC gukora imyitozo.

Written by Philcollens

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 784 798 373

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umukinnyi wivumbuye kuri Rayon Sports yabonye ikipe nshya yo mu barabu

Umunsi udasanzwe kuri Cristiano Ronaldo na Neymar Jr