in

Umugabo yasabye akazi ko kujya yica abantu bose bahawe igihano cy’urupfu

Umugabo yasabye akazi ko kujya yica abantu bose bahawe igihano cy’urupfu.

Umugabo yatunguye abantu ubwo yari mu nama asaba leta ko yamuha akazi ko kujya yica abantu bahamwe n’Icyaha cyo kwicwa muri Tanzania.

Umugabo witwa Ramadhani Mauridi, utuye mu ntara ya Pwani, yatunguye abantu ubwo bari mu nama ijyanye no kurwarwanya ibyaha ndenga kamere, Ramadhani Mauridi yamanitse ukuboko asaba ijambo.

Yagize ati” Mubyukuri imba nifuza kuzakabya inzozi ubwo leta yazampa akazi ko kwica Nyonze abantu bahamijwe n’inkiko ibyaha ndenga kamere numva byanshimisha”.

Yakomeje agira ati” haciyeho imyaka 10 leta idashyira mu bikorwa byo kwica abantu bahamwe n’ibyaha, ubu ibikorwa by’ubwicanyi bimaze kuba indengakamere.”

Mu bindi Ramadhani Mauridi, yavuze ko leta yari ikwiriye kureba abantu bafite umutima ukomeye nkawe hanyuma bagashyira mu bikorwa icyo gihano cyo kwica abantu bahamwe n’ibyaha ndenga kamere”.

Asoza iryo jambo, yibukije ko bidakwiriye kubona umuntu wishe undi ajya kwicara muri Gereza nyamara yarishye abantu, kuko iyo aza kumenya ko habaho kubaha ikiremwa muntu ntabwo aba yarishe mu genzi we kandi akamwica

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Yanga Sc yari ifite abafana ibihumbi inigaguye ikipe yari yakodesheje abafana ba Rayon Sports na Apr Fc (AMAFOTO)

Manchester United yongeye gutera agahinda abakunzi bayo nyuma yo gutsindwa ibitego byinshi