Ikipe ya REG BBC yatsinze APR BBC amanota 79-72 mu mukino wa kabiri wa kamarampaka ya Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball, byatumye amakipe yombi anganya intsinzi imwe kuri imwe (1-1). Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 4 Nyakanga 2025, muri BK Arena.
REG BBC yatangiye umukino iri hejuru, ifashijwe cyane na Cleveland Thomas watsinze amanota menshi mu gace ka mbere, karangiye iyoboye ku manota 26-11. Mu gace ka kabiri, APR BBC yazamuye urwego, binyuze kuri Youssoupha Ndoye na Axel Mpoyo. Gusa REG yakomeje kuyobora umukino, igice cya mbere kirangira ari 40-34.
Mu gace ka gatatu, REG BBC yakomeje kuba ku isonga nubwo APR BBC yari ikomeje gukina yitanga, agace karangiye ari 61-51. APR BBC yagarutse mu gace ka nyuma ishaka gukora ibitangaza, ariko REG BBC yongera kuganza, by’umwihariko kubera Cleveland Thomas wagaragaye cyane.
Umukino wa gatatu uteganyijwe ku Cyumweru, saa 18:30 muri BK Arena, ukazagena indi kipe iyobora kamarampaka. Mbere y’uyu mukino, UGB yatsinze Patriots BBC amanota 96-83 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu.
