Mu mukino wa gicuti wabaye ku wa Kane, tariki 18 Nyakanga 2025, ikipe ya Bayer Leverkusen yatsinzwe ibitego 5-1 n’ikipe y’abato ya Flamengo U20. Ni umukino wa mbere wa Erik ten Hag ayoboye iyi kipe yo mu Budage nyuma yo gusimbura Xabi Alonso.
Uyu mukino waranzwe n’imyitwarire idasanzwe ya Flamengo yihariye umukino kuva utangiye kugeza urangira. Lorran yafunguye amazamu ku munota wa 2, abandi barimo Matheus Gonçalves, Pedro Leão na Gusttavo nabo bashyiramo ibindi bitego. Leverkusen yatsinze igitego kimwe cy’impozamarira ku munota wa 71.
Ten Hag yavuze ko nubwo batsinzwe, icyo yishimiye kurusha ibindi ari uko nta mukinnyi wakomeretse. Yagize ati: “Tugomba kwirinda gutsindwa muri ubu buryo, ariko kuri njye, ik’ingenzi ni uko nta mukinnyi n’umwe wagize imvune. Byari kuba byiza iyo dukina uyu mukino nyuma.”
Yongeyeho ko ari umwanya mwiza wo gukosora no gukarishya ikipe mbere y’uko Shampiyona itangira.