Nyuma y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe (FIFA Club World Cup) wabereye kuri Hard Rock Stadium muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abakinnyi babiri b’ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri, ari bo Mohamed Abdelmonem Taher na Mohamed Magdy Afsha, bagerageje kujya kuganira na Lionel Messi bakunze cyane, nyuma y’umukino warangiye ari 0-0.
Aba bakinnyi bagerageje kugera imbere y’urwambariro rwa Inter Miami kugira ngo bahure n’umukinnyi w’icyamamare ku Isi, Lionel Messi. Ariko ubwo bageraga ku muryango, umurinzi we wihariye, Yassine Cheuko, yabahagaritse mu buryo bw’ubupfura, ababuza kwinjira.
By’umwihariko, Taher yasigaranye agahinda kuko yari yiteze kubona idoli ye bwa mbere, akamuganiriza ndetse akamusaba impanuro nk’umukinnyi w’inararibonye.
Nubwo umukino warangiye nta kipe itsinze, Lionel Messi yakomeje kugaragaza impinduka no kuba umuyobozi w’imikinire muri Inter Miami. Ni umukino watangije iri rushanwa rikomeye, aho abafana hirya no hino ku Isi bakomeje gutegereza ibindi birori by’imikinire n’ubuhanga bw’abakinnyi ku rwego mpuzamahanga.

