in

NdababayeNdababaye NDASETSENDASETSE

Rwanda: nonaha umunyeshuri akoze amahano adasanzwe.

Umunyeshuri w’umukobwa ufite imyaka 13 y’amavuko arakekwaho gukora amahano adasanzwe aho bivugwa ko yabyaye umwana maze amujugunya mu musarane.

Uyu mwana w’umukobwa ngo yiga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye mu kigo cy’amashuri gihereye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza aho akekwaho kubyara umwana hanyuma akamuta mu musarani w’ishuri yigamo.Amakuru dukesha Isano TV kuri Youtube avuga ko uyu mwana w’umukobwa yaje kwiga mu karere ka Nyanza avuye mu mujyi wa Kigali aho bikekwa ko ari ho yari yarasamiye iyo nda ayitewe n’umuturanyi wabo w’imyaka 33.

Amakuru akomeza avuga ko kugirango bimenyekane byatangajwe n’ubuyobozi bw’iri shuri.Aho uyu mwana yahise ajyanwa mu bitaro byo muri kariya karere kugirango yitabweho.

Kuri ubu RIB yatangiye gukora iperereza kuri iki kigo nyuma y’aho uyu munyeshuri ataye umwana yari yabyaye mu musarane, gusa uru ruhinja rwasanzwe rwitabye Imana.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Abantu bishwe n’ibitwenge bumvise impamvu idasanzwe yatumye uyu mukobwa w’ikimero agumirwa.

Inkuru nziza kuri Cristiano Ronaldo n’umukunzi we.