in

Real Madrid yanyagiwe na Barcelona ishyira iherezo Ku nzozi zo gukuraho agahigo kayo

Ikipe ya Real Madrid yifuzaga kongera umubare w’imikino itaratsindwa muri shampiyona ikagera kuri 43, ikanganya agahigo na FC Barcelona yakoze hagati ya Mata 2017 na Gicurasi 2018. Gusa izo nzozi zarangiriye kuri Santiago Bernabeu nyuma yo gutsindwa n’abashyitsi mu gice cya kabiri cy’umukino.

Carlo Ancelotti, umutoza wa Real Madrid, yagize ati: “Ni ibihe bikomeye byo gutsindwa umukino, cyane cyane nyuma y’imikino myinshi tutaratsindwa.”

Nyuma y’igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, Robert Lewandowski yafunguye amazamu ku munota wa 54 atsinda ku mupira mwiza yahawe na Marc Casado. Uyu rutahizamu w’umunya-Pologne yongeye gutungura abafana b’i Madrid ku munota wa 63 atsinda igitego cya kabiri ku mutwe ku mupira wahinduwe na Alejandro Balde.

Lewandowski yari hafi gutsinda igitego cya gatatu muri uyu mukino ariko inshuro imwe umupira ugarurwa n’umutambiko w’izamu, indi awuteye hejuru y’izamu mu mwanya mwiza.

Umukinnyi w’imyaka 17, Lamine Yamal, yatsinze igitego cya gatatu cya FC Barcelona, gihita gituma aba umukinnyi muto kurusha abandi wabashije gutsinda muri El Clasico. Raphinha nawe yatsinze igitego cya kane mu minota ya nyuma, atsinda izamu rya mbere muri El Clasico, agororerwa ishyaka ryinshi yagaragaje.

Ku ruhande rwa Real Madrid, umukino wa mbere wa Kylian Mbappé muri El Clasico ntiwaje kumubera mwiza, kuko yatsinze ibitego bibiri ariko byose byanzwe kubera kurarira, ndetse akabuzwa ikindi na Inaki Pena wari mu izamu rya Barcelona.

Barcelona, yarangije shampiyona y’umwaka ushize iri inyuma ya Real Madrid iyirusha amanota 10, ariko kuri iyi nshuro bahisemo kwishingikiriza abakinnyi bato kugira ngo basubirane ku ruhando rw’ibigwi. Iyi mikorere irimo kubahira cyane kuko ikipe ya Hansi Flick imaze gutsinda imikino 10 muri 11 imaze gukinwa, itsindwa umwe gusa.

Lamine Yamal ni umwe mu bakinnyi bato bahanzwe amaso cyane muri iyi kipe, ariko si we wenyine kuko na Marc Casado na Alejandro Balde, bombi bafite imyaka 21, bitwaye neza bagatanga imipira ivamo ibitego muri uyu mukino. Abakinnyi batandatu babanje mu kibuga mu mukino wa El Clasico bakuriye mu ishuri rya ruhago rya Barcelona, La Masia.

Nubwo Barcelona yishingikirije gukinisha abakiri bato, hari n’abakinnyi b’abahanga bafite uburambe nka Robert Lewandowski. N’ubwo afite imyaka 36, uyu rutahizamu ntaragira intege nke, kuko igitego cye cya kabiri muri uyu mukino cyatumye agira ibitego 14 mu mikino 11 ya La Liga y’uyu mwaka.

Ubu buryo bwo guhuza abakinnyi bakiri bato n’ubunararibonye byagoye cyane Real Madrid, yatsinzwe mu gice cya kabiri ku buryo bugaragara. Abasore ba Hansi Flick banakinnye umukino wo kwugarira neza bakoresheje umurongo muremure inyuma, bituma Real Madrid igwa mu mutego wo kurarira kenshi.

Flick yagize ati: “Burya kwitwara neza dukinisha ba myugariro imbere cyane. Bisa n’aho ari ibintu biteje ibyago, ariko si ko biri.”

Uyu musaruro mwiza wa FC Barcelona watumye ikomeza kwerekana ko ishobora guhatana ku rwego rwo hejuru muri shampiyona, ndetse inagaragaza ko ikizere gishingiye ku bakinnyi bato kiri kuyifasha.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

CAF yafashe ibyemeze bikakaye Ku mukino wa Libya na Nigeria

Ibihugu bya CECAFA birimo Uganda, Sudan n’u Rwanda byazamutse ku rutonde rwa FIFA