in

Pasiteri wa ADEPR arashinjwa gusambanyana ubugome umukobwa w’umurokore yari yabwiye ngo bajyane mu cyumba cy’amasengesho ni uko akaza kumukatana akamujyana ahantu akamwinezezaho

Pasiteri wa ADEPR arashinjwa gusambanyana ubugome umukobwa w’umurokore yari yabwiye ngo bajyane mu cyumba cy’amasengesho ni uko akaza kumukatana akamujyana ahantu akamwinezezaho.

Nk’uko bitangazwa na Ukwezi TV kuri Shene ya YouTube ni uko hari umupasiteri utavuzwe imyirondoro ushinjwa gusambanya umukobwa w’umurokore basenganaga.

Mu nkuru y’abo, ntabwo havugwa imyirondoro yabo ahubwo havugwa agace gusa.

Abo ni abo mu ntara y’Amajyaruguru, aho Pasiteri yajyanye n’uyu mukobwa mu masengesho bisanzwe mu mugi wa Kigali bakaza kumwikundira kuko bari bamubonyemo impano y’umwaka.

Baje gusaba Pasiteri kuzamugarura, ni uko ubwo hari ku cyumweru amateraniro arangiye Pasiteri yaje kubwira uwo mukobwa ko bajyana i Kigali na none kuko bari bamukunze.

Umukobwa yaremeye ajya kuri moto ya Pasiteri gusa Pasiteri yamunyujije ahantu mu nzu imwe amusaba ko baryamana ubundi umukobwa arabyanga, Pasiteri amuha n’amafaranga arayanga bituma ahita abyiha ku buntu.

Nyuma umukobwa yahise ataha kuri moto yategewe n’uwo mupasiteri aho yageze iwabo akamererwa nabi bikaza gutuma ajya kwa muganga no kugeza yoherejwe i Kigali muri CHUK kuko yari yangijwe.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Wilson
Wilson
1 year ago

Inkuru ntabwo ikoranye ubunyamwuga. Umukobwa ntazwi, Aho asengera ntihagaragara, Aho yajyanywe naho ntihagaragara Kandi baravugako asengera mu ntara y’amajyaruguru. Ni mu kahe karere, uwuhe murenge

Ni mutemba shyushyu! Mu mafoto y’urubogobogo dore ubwiza bwa mushiki wa Coach Gael usanzwe ureberera inyungu za Bruce melody

Wagira ngo n’umwana w’imyaka 18: Miss Iradukunda Elsa yongeye gutitiza imbuga nkoranyambaga mu buryo bw’amafoto (Amafoto)