in

NdababayeNdababaye NdabikunzeNdabikunze NDASETSENDASETSE

Nyuma yo gukubitwa urushyi, Perezida Macron w’Ubafaransa dore ibyo akorewe.

Perezida w’igihugu cyu Bufaransa, Emmanuel Macron yongeye kwibasirwa n’abashakaga kumutera amagi ubwo yari mu ruzinduko rwe mu mujyi wa Lyon.

Ku wa mbere dusoje ubwo Perezida Macron yari mu bikorwa by’imurikagurisha byaberaga muri convention center iherereye mu mujyi wa Chassieu mu majyepfo ya Lyon nibwo abari bateraniye aho babonye ikintu gihanuka mu kirere cyigwa mu mutwe wa perezida Emmanuel Macron.

Amakuru dukesha Lyon Mag, avuga ko icyabonywe cyigwa kuri Macron cyari igi. Ku bw’amahirwe iri gi ntabwo ryamwikubiseho ngo rimenekere mu mutwe we gusa ryamenekeye hasi.

Ibi bikimara kuba, abashinzwe umutekano wa perezida Macron bahise bihutira gushakisha uwateye iri gi ku mukuru w’igihugu n’uko mu bantu bari aho hafi bahabona umusore wo mu kigero cy’imyaka 20 wari uri gusakuza avuga ati ’’vive la révolution’’ ugenekereje mu kinyarwanda bisobanuye ’’harakabaho impinduramatwara ’’.

Uyu wari uri gusakuza bahise bamuta muri yombi nyuma yo kubonako ariwe wari umaze gutera igi umukuru w’igihugu. Nyuma yo kumufata, perezida Macron yahise asaba ko uyu musore bamumushyikiriza.

Amakuru dukesha ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP avuga ko nyuma yo guta muri yombi uyu musore muto, Perezida Macron mu magambo ye yahise avuga ati ’’ Niba hari icyo ashaka kumbwira, nimumureke aze ansange.’’

Iyi ibaye inshuro ya kabiri Perezida Macron yubahukwa mu ruhame kuko nibwo hari hashize amezi ane akubiswe urushyi mu ruhame, icyo gihe hari tariki 8 Kamena 2021 ubwo yari ari mu ruzinduko yari yagiriye mu mujyi muto wo mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’Ubufaransa.

Icyo gihe ibyo biba, abashinzwe umutekano wa perezida Macron bahise bata muri yombi umusore w’imyaka 28 wari wakubise urushyi umukuru w’igihugu ndetse nyuma ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cyo gufungwa amezi 18 muri gereza.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Ibintu bibaye kubagore bo muri Kenya bishora kuba no mu Rwanda

Kigali: imodoka ziragonganye batatu barakomereka.