in

NdabikunzeNdabikunze NDASETSENDASETSE

Ntibisanzwe: Ku myaka 67 yanze gushaka ahitamo ibyananiye benshi mu basore

Munyandinda Emmanuel uvuga ko ari mu myaka hagati ya 57 na 67 dore ko imyaka ntayizi neza kuko yakuranye na nyina umubyara kugeza kuriyi myaka yose .yatangaje ko iyo myaka yose nta mukobwa yigeze akundana nawe byatumye agumana na nyina nawe ugeze muzabukuru.

Mu gukura kwe emmanuel yahuye n’ikibazo cyo kurwara amaguru bityo amaguru akomeza kubyimba bituma areka ishuri aza kubana na nyina umaze kugira imyaka igera kuri 102.

Nyuma y’uko agejeje igihe cyo gushaka umugore Emmanuel avuga ko yagerageje kwegera abakobwa bakuranye bose baramwanga kubera ko bazi ko yakuranye uburwayi bityo abonye byanze ahitamo kwibanira na nyina kuko ariwe wamweretse urukundo kuva yavuka.

Emmanuel kubera ko yabanye imyaka yose na nyina yifuza ko yazapfira rimwe nawe kuko ntiyibaza uko ubuzima buzaba bumeze umunsi nyina yitabye Imana bityo yifuza ko bazagendera rimwe .

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Wa musore waririmbye Agatunda yavuze ibyabaye muri bisi yararimo atashye | Burya ya ndirimbo siwe wayishyize hanze | Afrique yabivuze byose

Umuganga yahagaritswe amezi atatu mu kazi kubera imyitwarire idasanzwe yegaragaje